• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

radiotv10by radiotv10
30/08/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, bavuga ko inzu ikoreramo Ubuyobozi bw’Akagari itajyanye n’igihe kuko ishaje bikabije bakaba bafite impungenge ko ishobora kuzagwa ku bayikoreramo.

Ni inzu bigaragara ko ishaje yaba ku nkuta inyuma ndetse no ku bisenge, mu buryo bugaragarira buri wese uyinyuzeho.

Abaturage batuye muri aka Kagari, bavuga ko urwego rw’ubuyobozi rubaha serivisi bakenera, rutari rukwiye kuba rukorera mu biro nk’ibi, bityo ko iyi nzu ikwiye gusanwa.

Niyonsenga Cecile agira “Inyubako y’Akagari kacu ka Kigarama irashaje cyane ku buryo tuba dufite impungenge ko ishobora kugwira abagakoreramo, igisenge ndetse n’inkuta birashaje.”

Aba baturage bavuga ko gusaza kw’iyi nzu, ari ngombwa kuko imaze igihe kinini, ahubwo ko icyari gikwiye ari ukuyisana.

Kalisa Innocent ati “Aka Kagari iyo ubonye inyubako yako ubona ko itajyanye n’igihe kuko yenda kugwa, nta n’umuntu wamenya ko ikoreramo Akagari, bishobotse yasanwa vuba kuko tubona yatwara ubuzima bw’abantu ntagikozwe.”

Uwimana Annociata na we ati “Ntabwo twumva ukuntu inyubako nk’iyi Akagari kakoreramo kuko irashaje cyane, hashakishwe uko yasanwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Kimonyo Innocent avuga ko ari mushya muri uyu Murenge, gusa akizeza ko agiye gukurikirana iki kibazo gishakirwe umuti kuko hasanzwe hari na gahunda yo gukemura ibindi nkacyo.

Ati “Gahunda y’Akarere yo gusana no kubaka Utugari dushaje cyane. Turavugana n’Ubuyobozi bw’Akarere dukurikirane tumenye igihe Akagari ka Kigarama kazasanirwa.”

Uyu muyobozi avuga ko hagiye kuba hashatswe inyubako yaba itangirwamo serivisi z’ubuyobozi bwa kariya Kagari mu gihe hagitegerejwe igisubizo kirambye.

Ni inyubako bigaragara ko ishaje
Igisenge cyarangiritse cyane
N’amadirishya yarangiritse
Abaturage basaba ko iyi nzu yasanwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

Next Post

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.