Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

radiotv10by radiotv10
30/08/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umwuka mubi uvugwa hagati y’abayobozi mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe, wageze aho Umunyamananga Nshingwabikorwa w’Akagari n’ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage (SEDO) benda kurwanira mu Biro bakizwa n’Umuyobozi w’Umudugudu. 

Uwo mu nzego z’ibanze muri aka Kagari wahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko hari ku mugoroba saa kumi ubwo Gitifu w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude yageraga ku Biro by’Akagari agasanga SEDO we ari mu biro agatangira kumubwira nabi.

Agira ati “Sedo yari yiriwe mu kazi ku Kagari mugenzi we ahagera ku mugoroba asanga arimo gukora raporo atangira kumutuka ngo wa gicucu we, arangije ngo aramubwira ngo ubu nagukubita, noneho agiye kumukubita urushyi umuyobozi w’Umudugudu wari uhari abajya hagati  birangira gutyo.”

Icyakora Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude uhakana amakuru yo gufatana mu mashati kwe na mugenzi we, akavuga ko n’iyo haba harabayeho ukutumvikana bitagera aho kurwana cyangwa gutukana nk’abayobozi.

Agira ati “Ibyo ntabwo bishoboka, indangagaciro z’abayobozi ni ikindi kindi. Iyo yaba ari indiscipline case. Koko nawe uri ku rwego nk’urwo ndimo wafatana n’umuntu mu biro? Ibyo ntibibaho ntibizigera binabaho.”

Uwineza Jeannette ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage (SEDO) mu Kagari ka Burunga, nubwo yirinze kugira amakuru arambuye abitangaho ariko ntiyahakanye ko atasagariwe na Gitifu

Ati “Gitifu w’Umurenge ari kubikurikirana, reka ntegereze nzakubwira ubundi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye yemereye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwari busanzwe buzi ko aba bombi badafitanye imikoranire myiza ndetse ko ibyo bikimara kuba umwe yahise abimumenyesha, nyuma bose bakaganirizwa bagafata umwanzuro wo gukorana neza.

Ati “Uwo mwanya SEDO yahise anyandikira ambwira ko Gitifu yari amukubise. Twari tumaze iminsi tubyumva tukabaganiriza noneho ejobundi batubwiye ko batonganiye mu kazi, dufata umwanzuro wo kubajyana muri discipline kugira ngo tubaganirize batuze banigishwe indangagaciro z’akazi.”

Nyuma yo kwitaba ku Murenge bagasasa inzobe, buri wese akavuga ikimubangamiye mu kazi aho byagaragaye ko byari bigeze aho umwe ahamagara undi kuri telefone ntiyitabe, bombi bahavuye biyemeje gushyira hamwe bagafatanya ndeste ubuyobozi bw’Umurenge bukavuga ko nta mpamvu yo kubatandukanya kuko bagomba kuba abantu bakuru bagakorana mu bwumvikane.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Next Post

Perezida Kagame ari muri Senegal

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari muri Senegal

Perezida Kagame ari muri Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.