Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Constant Mutamba wari Minisitiri w’Ubutabera muri DRC, ahamijwe kunyereza miliyoni 19 USD (arenga miliyari 27Frw) agakatirwa imyaka itatu y’imirimo y’agahato no kumara imyaka 5 atemerewe gutora cyangwa kwiyamamaza, abamwunganira bavuze ko ubucamanza bwamwigirijeho nkana.

Ni urubanza rwasomwe n’Urukiko Rusesa Imanza i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Nzeri 2025, ruhamya uyu wahoze muri Guverinoma ya Congo ibyaha yari akurikiranyweho.

Paul Okito, umwe mu banyamategeko bunganira Mutamba, yavuze ko yababajwe n’igihano cyo kwambura umukiliya wabo uburenganzira bwo gutora no kwiyamamaza mu gihe cy’imyaka itanu.

Yagize ati “Ntabwo ari igihano nyamukuru cyambabaje, ahubwo ni igihano cy’inyongera. Ntibyumvikana ukuntu umuntu utari warigeze kongera gukatirwa n’Urukiko. Ntiwavuga ko habayeho insubiracyaha cyangwa ngo abe yarakoze ibyaha byinshi.

Ese haba hari ikindi kibyihishe inyuma? Ku muntu ufite CV idafite icyasha, utari warigeze akatirwa mbere, ni ubwa mbere akatiwe. Urukiko rukwiye gushyira mu gaciro rugasesengura ku hahise h’umuntu.”

Uyu munyamategeko abona kiriya gihano cyo kwambura umukiliya wabo uburenganzira bwo gutora no kwiyamamaza, gifite impamvu za politiki zicyihishe inyuma, kandi ko cyateye kwibaza ku mugambi waba wihishe inyuma yacyo.

Ubushinjacyaha bwo bwari bwasabiye Mutamba imyaka 10 y’imirimo y’agahato, no kwamburwa uburenganzira mu bikorwa byose bya Leta.

Uyu munyamategeko Me Okito yanenze Ubutabera bwa DRC bwahoze bukuriwe n’uyu mukiliya we wahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho.

Ati “Ntidushobora guteza imbere Igihugu kinini nka DRC mu gihe urwego rw’ubutabera rurwaye. Perezida (Félix Tshsekedi) we ubwe yivugiye ko ubutabera burwaye. Ariko twebwe tubukoramo tubona bwarapfuye. Tugomba kubitangaza kugira ngo buzurwe.”

Mutamba we ubwe yigeze kuvuga ko ibyo ashinjwa bishingiye ku mpamvu za politiki, mu gihe hari abashima ibyakozwe n’ubutabera bwa DRC, bavuga ko nibura haba hari intambwe igiye guterwa mu kurandura umuco wo kudahana wimakajwe mu butegetsi bwa kiriya Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + five =

Previous Post

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

Next Post

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Related Posts

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

by radiotv10
21/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC rwongeye kurenga ku gahenge rukarasana ubugome bukabije rukoresheje indege z’intambara mu bice...

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.