Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Constant Mutamba wari Minisitiri w’Ubutabera muri DRC, ahamijwe kunyereza miliyoni 19 USD (arenga miliyari 27Frw) agakatirwa imyaka itatu y’imirimo y’agahato no kumara imyaka 5 atemerewe gutora cyangwa kwiyamamaza, abamwunganira bavuze ko ubucamanza bwamwigirijeho nkana.

Ni urubanza rwasomwe n’Urukiko Rusesa Imanza i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Nzeri 2025, ruhamya uyu wahoze muri Guverinoma ya Congo ibyaha yari akurikiranyweho.

Paul Okito, umwe mu banyamategeko bunganira Mutamba, yavuze ko yababajwe n’igihano cyo kwambura umukiliya wabo uburenganzira bwo gutora no kwiyamamaza mu gihe cy’imyaka itanu.

Yagize ati “Ntabwo ari igihano nyamukuru cyambabaje, ahubwo ni igihano cy’inyongera. Ntibyumvikana ukuntu umuntu utari warigeze kongera gukatirwa n’Urukiko. Ntiwavuga ko habayeho insubiracyaha cyangwa ngo abe yarakoze ibyaha byinshi.

Ese haba hari ikindi kibyihishe inyuma? Ku muntu ufite CV idafite icyasha, utari warigeze akatirwa mbere, ni ubwa mbere akatiwe. Urukiko rukwiye gushyira mu gaciro rugasesengura ku hahise h’umuntu.”

Uyu munyamategeko abona kiriya gihano cyo kwambura umukiliya wabo uburenganzira bwo gutora no kwiyamamaza, gifite impamvu za politiki zicyihishe inyuma, kandi ko cyateye kwibaza ku mugambi waba wihishe inyuma yacyo.

Ubushinjacyaha bwo bwari bwasabiye Mutamba imyaka 10 y’imirimo y’agahato, no kwamburwa uburenganzira mu bikorwa byose bya Leta.

Uyu munyamategeko Me Okito yanenze Ubutabera bwa DRC bwahoze bukuriwe n’uyu mukiliya we wahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho.

Ati “Ntidushobora guteza imbere Igihugu kinini nka DRC mu gihe urwego rw’ubutabera rurwaye. Perezida (Félix Tshsekedi) we ubwe yivugiye ko ubutabera burwaye. Ariko twebwe tubukoramo tubona bwarapfuye. Tugomba kubitangaza kugira ngo buzurwe.”

Mutamba we ubwe yigeze kuvuga ko ibyo ashinjwa bishingiye ku mpamvu za politiki, mu gihe hari abashima ibyakozwe n’ubutabera bwa DRC, bavuga ko nibura haba hari intambwe igiye guterwa mu kurandura umuco wo kudahana wimakajwe mu butegetsi bwa kiriya Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

Next Post

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.