Friday, September 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, yageze muri Nigeria, kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe y’iki Gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho yasabwe na Perezida mushya wa FERWAFA ko gutsindwa bitari mu byabahagurukije i Kigali.

Iyi kipe y’u Rwanda yahagurutse i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yageze muri Leta ya Uyo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Shema Ngoga Fabrice wajyanye n’Ikipe y’Igihugu nyuma y’iminsi ibiri gusa atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yavuze ko yishimiye guherekeza bwa mbere Amavubi ari Perezida wa FERWAFA.

Ati “Iyo utwaye Ikipe y’Igihugu cyangwa se iyo mujyanye, uba utwaye Igihugu, bivuze ko ibyo usaba abakinnyi biba birenze uko Abanyarwanda bazadukurikirana baturi inyuma bazatwifuriza intsinzi.”

Akomeza avuga ko nubwo Ikipe y’Igihugu yakunze kunengerwa umusaruro wayo mucye, ndetse bamwe bakabyatura mu magambo y’urucantege, ariko we yumva ko ahubwo ibi bizayiha imbaraga zo kwitwara neza.

Ati “Iyo wumvise abantu bavuga bati ‘n’ubundi Amavubi ntakigenda’, hari umuntu uguca intege utaranatangira no kugera cyangwa no guha amahirwe ikipe yacu, ariko icyo nabasabye uyu munsi, ni uko option yo gutsindwa, kuri njye sinyemera, waba ufite ubundi buryo ushaka gusobanura kudatsinda ariko bwa mbere bituruka kuri wowe bituruka kuri motivation yawe, bigaturuka ku cyo wowe wumva watanga ku Gihugu.”

Shema uherekeje bwa mbere Ikipe y’Igihugu ari Perezida wa FERWAFA, avuga ko Igihugu kiba cyatanze byinshi ku ikipe y’Igihugu, bityo ko abakinnyi bayo na bo bakwiye gukoresha imbaraga zose zishobora kugira ngo bacyiture.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo bari bamaze kururuka indege
Perezida wa FERWAFA yavuze ko yababwiye ko option yo gutsindwa itari mu zibajyanye muri Nigeria
Kapiteni Djihad arizeza kwitwara neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

Next Post

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Related Posts

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

by radiotv10
04/09/2025
0

Amahoro Stadium has been ranked seventh on the list of the top ten best stadiums in Africa, a ranking led...

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

by radiotv10
04/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwimuye ibiro bwakoreragamo mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko kuri ‘Zinia’ bwimukira iruhande rwa BK...

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri...

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, yatsinze umukino wayo wa mbere muri iri...

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

by radiotv10
02/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu y'u Rwanda ‘Amavubi’ yahagurutse i Kigali yerecyeje muri Nigeria gukina umukino w’umunsi wa karindwi gushaka itike y'Igikombe cy'Isi...

IZIHERUKA

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
04/09/2025
0

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

04/09/2025
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

04/09/2025
Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

04/09/2025
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

04/09/2025
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

04/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.