• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, yageze muri Nigeria, kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe y’iki Gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho yasabwe na Perezida mushya wa FERWAFA ko gutsindwa bitari mu byabahagurukije i Kigali.

Iyi kipe y’u Rwanda yahagurutse i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yageze muri Leta ya Uyo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Shema Ngoga Fabrice wajyanye n’Ikipe y’Igihugu nyuma y’iminsi ibiri gusa atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yavuze ko yishimiye guherekeza bwa mbere Amavubi ari Perezida wa FERWAFA.

Ati “Iyo utwaye Ikipe y’Igihugu cyangwa se iyo mujyanye, uba utwaye Igihugu, bivuze ko ibyo usaba abakinnyi biba birenze uko Abanyarwanda bazadukurikirana baturi inyuma bazatwifuriza intsinzi.”

Akomeza avuga ko nubwo Ikipe y’Igihugu yakunze kunengerwa umusaruro wayo mucye, ndetse bamwe bakabyatura mu magambo y’urucantege, ariko we yumva ko ahubwo ibi bizayiha imbaraga zo kwitwara neza.

Ati “Iyo wumvise abantu bavuga bati ‘n’ubundi Amavubi ntakigenda’, hari umuntu uguca intege utaranatangira no kugera cyangwa no guha amahirwe ikipe yacu, ariko icyo nabasabye uyu munsi, ni uko option yo gutsindwa, kuri njye sinyemera, waba ufite ubundi buryo ushaka gusobanura kudatsinda ariko bwa mbere bituruka kuri wowe bituruka kuri motivation yawe, bigaturuka ku cyo wowe wumva watanga ku Gihugu.”

Shema uherekeje bwa mbere Ikipe y’Igihugu ari Perezida wa FERWAFA, avuga ko Igihugu kiba cyatanze byinshi ku ikipe y’Igihugu, bityo ko abakinnyi bayo na bo bakwiye gukoresha imbaraga zose zishobora kugira ngo bacyiture.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo bari bamaze kururuka indege
Perezida wa FERWAFA yavuze ko yababwiye ko option yo gutsindwa itari mu zibajyanye muri Nigeria
Kapiteni Djihad arizeza kwitwara neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

Next Post

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.