Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yavuze ko Isi ifite amahitamo, hagati y’amahoro cyangwa intambara, hagati y’ibiganiro cyangwa guhangana, hagati y’inyungu rusange n’inyungu za bamwe.

Xi Jinping yabitangaje ubwo yayoboraga ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’imyiyereko ya gisirikare yabereye i Beijing kuri uyu wa Gatatu, ari kumwe na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya na Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru, mu kugaragaza ubufanye bw’ibi Bihugu ku rwego rutigeze rubaho.

Muri ibi birori byabaye mu rwego rwo kwizihiza imyaka 80 ishize u Buyapani butsinzwe intambara ya Kabiri y’Isi, ntihagaragayemo abayobozi benshi b’Ibihugu by’u Burayi benshi, mu gihe Putin na Kim, bari abashyitsi b’imena, bamaze kuba abanzi ku Burengerazuba bw’Isi kubera intambara ya Ukraine.

Ibi birori byateguwe n’u Bushinwa hagamijwe kwerekana imbaraga za gisirikare no kwigaragaza mu bya dipolomasi.

Ibi biro byabaye mu gihe hari hamaze iminsi intambara y’ubucuruzi hagati u’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, yatangiye nyuma yaho ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bushyizeho imisoro mishya ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa, mu gihe nabwo bwanenze imyitwarire idahwitse mu miyoborere, ibyahungabanyije umubano w’ibi Bihugu byombi.

Perezida Xi Jinping yabwiye abantu barenga ibihumbi 50 bari bateraniye ku kibuga cya Tiananmen ati “Uyu munsi, abantu ku isi bahagaze imbere y’amahitamo abiri; amahoro cyangwa intambara, ibiganiro cyangwa guhangana, inyungu rusange cyangwa inyungu z’umwe gusa. Abaturage b’u Bushinwa bo bahagaze ku ruhande rukwiye rw’amateka.”

 

Ibirori binogeye ijisho

Mu modoka ifunguye hejuru, Perezida Xi Jinping yagenzuye abasirikare ndetse n’ibikoresho bya gisirikare bigezweho birimo misile za hypersonic, drones zikorera mu mazi, ndetse n’izindi ntwaro zidasanzwe z’intambara.

Mu kirere Kajugujugu n’indege z’intambara zikoze amabendera manini, mu gihe ku butaka hari akarasisi k’ingabo kamaze iminota 70.

Yambaye ikote gakondo risa n’irya Mao Zedong, Xi yari yabanje kwakira abayobozi barenga 25 ku itapi itukura, harimo na Prabowo Subianto wa Indoneziya wari watunguye benshi kuba yagaragaye muri ibyo birori nubwo mu Gihugu cye hari imyigaragambyo ikomeye.

Yicaye hagati ya Putin na Kim, Xi yakomeje kuganira kenshi n’aba bayobozi bombi mu gihe ibihumbi by’abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare byanyuraga imbere yabo. Iyi ikaba ari na yo nshuro ya mbere aba bagabo batatu bayobora Ibihugu bikomeye ku isi, bagaragaye bari kumwe mu ruhame.

Nyuma y’aho, Putin yashimiye Kim mu biganiro yabereye muri State Guesthouse y’u Bushinwa, kubera ubutwari bw’abasirikare b’Abanya-Koreya mu ntambara yo muri Ukraine. Ndetse Kim uyobora Koreya ya Ruguru na we yahise avuga ko yiteguye gukora byose bishoboka ngo afashe u Burusiya.

Mu butumwa yanyujije kuri Truth Social ubwo ibi birori byatangiraga, Perezida Trump wa America yibukije uruhare rw’Igihugu cye mu gufasha u Bushinwa kubona ubwigenge bwabwo ku Buyapani mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Yongeraho ati “Mpaye intashyo Vladimir Putin na Kim Jong Un, mu gihe mwitegura gucura imigambi yo kurwanya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Icyakora ibiro bya Perezida w’u Burusiya Kremlin byahise bisubiza ko Putin atari gucura imigambi yo kurwanya Leta Zunze Ubumwe za America, ahubwo bishimangira ko Trump yaba yari ari kwivugira mu buryo bwo gutera urwenya.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

Next Post

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado 'irasa ibyihebe nta kubibabarira'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.