Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yavuze ko Isi ifite amahitamo, hagati y’amahoro cyangwa intambara, hagati y’ibiganiro cyangwa guhangana, hagati y’inyungu rusange n’inyungu za bamwe.

Xi Jinping yabitangaje ubwo yayoboraga ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’imyiyereko ya gisirikare yabereye i Beijing kuri uyu wa Gatatu, ari kumwe na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya na Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru, mu kugaragaza ubufanye bw’ibi Bihugu ku rwego rutigeze rubaho.

Muri ibi birori byabaye mu rwego rwo kwizihiza imyaka 80 ishize u Buyapani butsinzwe intambara ya Kabiri y’Isi, ntihagaragayemo abayobozi benshi b’Ibihugu by’u Burayi benshi, mu gihe Putin na Kim, bari abashyitsi b’imena, bamaze kuba abanzi ku Burengerazuba bw’Isi kubera intambara ya Ukraine.

Ibi birori byateguwe n’u Bushinwa hagamijwe kwerekana imbaraga za gisirikare no kwigaragaza mu bya dipolomasi.

Ibi biro byabaye mu gihe hari hamaze iminsi intambara y’ubucuruzi hagati u’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, yatangiye nyuma yaho ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bushyizeho imisoro mishya ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa, mu gihe nabwo bwanenze imyitwarire idahwitse mu miyoborere, ibyahungabanyije umubano w’ibi Bihugu byombi.

Perezida Xi Jinping yabwiye abantu barenga ibihumbi 50 bari bateraniye ku kibuga cya Tiananmen ati “Uyu munsi, abantu ku isi bahagaze imbere y’amahitamo abiri; amahoro cyangwa intambara, ibiganiro cyangwa guhangana, inyungu rusange cyangwa inyungu z’umwe gusa. Abaturage b’u Bushinwa bo bahagaze ku ruhande rukwiye rw’amateka.”

 

Ibirori binogeye ijisho

Mu modoka ifunguye hejuru, Perezida Xi Jinping yagenzuye abasirikare ndetse n’ibikoresho bya gisirikare bigezweho birimo misile za hypersonic, drones zikorera mu mazi, ndetse n’izindi ntwaro zidasanzwe z’intambara.

Mu kirere Kajugujugu n’indege z’intambara zikoze amabendera manini, mu gihe ku butaka hari akarasisi k’ingabo kamaze iminota 70.

Yambaye ikote gakondo risa n’irya Mao Zedong, Xi yari yabanje kwakira abayobozi barenga 25 ku itapi itukura, harimo na Prabowo Subianto wa Indoneziya wari watunguye benshi kuba yagaragaye muri ibyo birori nubwo mu Gihugu cye hari imyigaragambyo ikomeye.

Yicaye hagati ya Putin na Kim, Xi yakomeje kuganira kenshi n’aba bayobozi bombi mu gihe ibihumbi by’abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare byanyuraga imbere yabo. Iyi ikaba ari na yo nshuro ya mbere aba bagabo batatu bayobora Ibihugu bikomeye ku isi, bagaragaye bari kumwe mu ruhame.

Nyuma y’aho, Putin yashimiye Kim mu biganiro yabereye muri State Guesthouse y’u Bushinwa, kubera ubutwari bw’abasirikare b’Abanya-Koreya mu ntambara yo muri Ukraine. Ndetse Kim uyobora Koreya ya Ruguru na we yahise avuga ko yiteguye gukora byose bishoboka ngo afashe u Burusiya.

Mu butumwa yanyujije kuri Truth Social ubwo ibi birori byatangiraga, Perezida Trump wa America yibukije uruhare rw’Igihugu cye mu gufasha u Bushinwa kubona ubwigenge bwabwo ku Buyapani mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Yongeraho ati “Mpaye intashyo Vladimir Putin na Kim Jong Un, mu gihe mwitegura gucura imigambi yo kurwanya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Icyakora ibiro bya Perezida w’u Burusiya Kremlin byahise bisubiza ko Putin atari gucura imigambi yo kurwanya Leta Zunze Ubumwe za America, ahubwo bishimangira ko Trump yaba yari ari kwivugira mu buryo bwo gutera urwenya.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

Next Post

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado 'irasa ibyihebe nta kubibabarira'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.