Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in MU RWANDA
0
Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zahaye amagare abayobozi bo mu nzego z’ibanze bo mu Karere ka Mocimboa da Praia, mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu miyoborere myiza mu nzego zo hasi.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025, ni kimwe mu bigamije gushimangira imiyoborere myiza no kongera imbaraga mu rugamba rwo guhashya iterabwoba ryari rimaze igihe ryugarije Intara ya Cabo Delgado.

Uretse ibikorwa byo kurwanya ibyihebe, Ingabo z’u Rwanda zagiye zigaragara mu bikorwa bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, birimo gusana ibikorwa remezo no gufasha inzego z’ibanze kugira ngo zirusheho kwegera abaturage.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Mocímboa da Praia, Helena Bandeira; yashimiye inzego z’umutekano z’u Rwanda ku bwo kuba zikomeje gufasha aka Karere, anavuga ko aya magare azagira uruhare runini mu gufasha Ubuyobozi kurushaho gutanga serivisi zinoze.

Yagize ati “Iyi mpano izatanga umusaruro ufatika ku bayobozi bacu b’ibanze, izabafasha kugera ku baturage mu buryo bwihuse no gutanga serivisi nziza. Turashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda, ku bwo kuba bakomeje kuzanira ibisubizo abaturage ba Mocímboa da Praia ndetse n’ab’ahandi muri Mozambique.”

Umuyobozi w’itsinda rya 5 ry’inzego z’umutekano z’u Rwanda, Col Emmanuel Nyirihirwe, yavuze ko aya magare yahawe aba bayobozi b’inzego z’ibanze, azaborohereza kujya babasha kugera mu bice binyuranye by’aho bayobora.

Yavuze kandi ko aya magare “azabafasha kujya kwigenzurira amakuru y’ibiberayo, ndetse no kuyatanga mu buryo bwihuse.”

Ingabo z’u Rwanda zikoze iki gikorwa hatarashira icyumweru, Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo agiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda rwasize Ibihugu byombi byongeye gushimangira umubano mwiza bifitanye.

Perezida Paul Kagame wakiriye mugenzi we Chapo, yavuze ko “U Rwanda na Mozambique bifitanye umubano ukomeye wa dipolomasi, kandi hejuru ya byose, turi inshuti magara ndetse turi n’abavandimwe.”

Perezida Kagame yakomeje ashimangira ko ubu bufatanye butanga umusaruro kugera no ku rwego rw’iterambere ridashingiye gusa ku mutekano ahubwo bitanga n’inyungu mu bucuruzi.

Yagize ati “Aya ni amahirwe meza yo gukomeza gushimangira imikoranire yacu mu bucuruzi, ku nyungu z’Ibihugu byacu byombi.”

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, na we yaboneyeho gushimira mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, ku bw’umusaruro uva mu mibanire myiza y’Ibihugu byombi, byumwihariko mu mikoranire yo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.

Col Emmanuel Nyirihirwe yavuze ko aya magare azarohereza abayobozo bo mu z’ibanze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 17 =

Previous Post

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Next Post

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.