Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in MU RWANDA
0
Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zahaye amagare abayobozi bo mu nzego z’ibanze bo mu Karere ka Mocimboa da Praia, mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu miyoborere myiza mu nzego zo hasi.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025, ni kimwe mu bigamije gushimangira imiyoborere myiza no kongera imbaraga mu rugamba rwo guhashya iterabwoba ryari rimaze igihe ryugarije Intara ya Cabo Delgado.

Uretse ibikorwa byo kurwanya ibyihebe, Ingabo z’u Rwanda zagiye zigaragara mu bikorwa bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, birimo gusana ibikorwa remezo no gufasha inzego z’ibanze kugira ngo zirusheho kwegera abaturage.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Mocímboa da Praia, Helena Bandeira; yashimiye inzego z’umutekano z’u Rwanda ku bwo kuba zikomeje gufasha aka Karere, anavuga ko aya magare azagira uruhare runini mu gufasha Ubuyobozi kurushaho gutanga serivisi zinoze.

Yagize ati “Iyi mpano izatanga umusaruro ufatika ku bayobozi bacu b’ibanze, izabafasha kugera ku baturage mu buryo bwihuse no gutanga serivisi nziza. Turashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda, ku bwo kuba bakomeje kuzanira ibisubizo abaturage ba Mocímboa da Praia ndetse n’ab’ahandi muri Mozambique.”

Umuyobozi w’itsinda rya 5 ry’inzego z’umutekano z’u Rwanda, Col Emmanuel Nyirihirwe, yavuze ko aya magare yahawe aba bayobozi b’inzego z’ibanze, azaborohereza kujya babasha kugera mu bice binyuranye by’aho bayobora.

Yavuze kandi ko aya magare “azabafasha kujya kwigenzurira amakuru y’ibiberayo, ndetse no kuyatanga mu buryo bwihuse.”

Ingabo z’u Rwanda zikoze iki gikorwa hatarashira icyumweru, Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo agiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda rwasize Ibihugu byombi byongeye gushimangira umubano mwiza bifitanye.

Perezida Paul Kagame wakiriye mugenzi we Chapo, yavuze ko “U Rwanda na Mozambique bifitanye umubano ukomeye wa dipolomasi, kandi hejuru ya byose, turi inshuti magara ndetse turi n’abavandimwe.”

Perezida Kagame yakomeje ashimangira ko ubu bufatanye butanga umusaruro kugera no ku rwego rw’iterambere ridashingiye gusa ku mutekano ahubwo bitanga n’inyungu mu bucuruzi.

Yagize ati “Aya ni amahirwe meza yo gukomeza gushimangira imikoranire yacu mu bucuruzi, ku nyungu z’Ibihugu byacu byombi.”

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, na we yaboneyeho gushimira mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, ku bw’umusaruro uva mu mibanire myiza y’Ibihugu byombi, byumwihariko mu mikoranire yo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.

Col Emmanuel Nyirihirwe yavuze ko aya magare azarohereza abayobozo bo mu z’ibanze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Next Post

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.