Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in IMYIDAGADURO
0
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ryafashaga umuhanzikazi Musabyimana Gloriose uzwi nka Gogo, witabye Imana, ryatangaje amakuru y’urupfu rwe, n’indwara yari amaranye igihe ari na yo yabaye intandaro yo gutabaruka kwe.

Byatangajwe na Bikem wa Yesu wari ushinzwe umuziki n’itangazamakuru mu itsinda ryafashaga uyu muhanzi Gogo witabye Imana ku wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025.

Mu kiganiro dukesha YouTube Channel ‘Yago TV Show’, Bikem yavuze ko Gogo n’itsinda ry’abamufashaga, bavuye mu Rwanda mu cyumweru gishize, berecyeje muri Uganda mu bikorwa by’ivugabutumwa uyu muhanzikazi yari yatumiwemo.

Uyu ushinzwe umuziki n’itangazamakuru mu itsinda ryafashaga nyakwigendera, avuga ko igiterane bari batumiwemo, bakoze urugendo rurerure bakagerayo bananiwe, ariko mu buryo bw’umwuka bari bameze neza.

Bikem avuga ko nyakwigendera Gogo yitwaye neza muri icyo giterane. Ati “Kuva navuka nagendana na Gogo, yatambiye Imana, yahimbaje Imana nk’umuntu uri gutaha.”

Ati “Umwana yarabyinnye. Yageze ku rwego abyina mu gitaramo akajya areba abantu batari gutambira Imana, afata inkoni, akajya ajya mu bapasiteri ati ‘Uri inde wo kudatambira Imana?’, akanyuza inkoni agasa nk’ukubita.”

Mu giterane cya kabiri cyabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bwo Gogo yagaragaje intege nke, bitandukanye n’uko mu giterane cya mbere yagaragaye, ariko ko byaterwaga no kuba ku wa Gatanu yari yakoresheje imbaraga nyinshi. Ati “Ntabwo twavuga ko ari ubundi burwayi.”

 

Urupfu rwe

Avuga ko barangije ibyo biterane, bavuye i Mbarara bakanyura Kampala kuganira n’abantu bagombaga kubaha ikiraka cyo kwamamaza ibikorwa byabo.

Bikem avuga ko ubusanzwe Gogo yari afite ubumuga kandi ko bwamuteraga ibibazo bikomeye, ariko ko batifuzaga ko bijya hanze.

Bageze i Kampala ku wa Mbere w’iki cyumweru, bucyeye bwaho ku wa Kabiri bajya gufata ifunguro muri resitora y’i Kampala, ari bwo Gogo yafatwaga n’uburwayi yari akunze kugira [burimo igicuri n’izindi ndwara zigenda zigaragara ku bantu bafite buri bumuga].

Bikem avuga ko nk’itsinda ryabaga hafi nyakwigendera, bahuraga na byinshi bigoye kubera uburwayi bwe, ariko ko kubera gukorera Imana, batabyinubiraga, ndetse bakanahora bamusengera.

Ati “Buriya twabazaniraga Gogo ku mbuga nkoranyambaga, ari zahabu yatunganyijwe, mukayibona ari final product ariko twebwe tuzi ibyo twarwanaga na byo. Twe nidutangaza ngo ‘Gogo araruhutse’ tuzi urutonde rw’ibyo aruhutse tuzi.”

Ati “Ku munsi wo ku wa Kabiri yaratitiye cyane, yikubita hasi agize amahirwe yikubita ku bibero bya Nsabimana [undi wo mu itsinda ryafashaga Gogo].”

Bikem avuga ko Gogo yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatatu, nyuma yuko bamujyanye kwa muganga na bwo yari yabanje kugaragaza ibimenyetso by’indwara yajyaga imufata.

Avuga ko ubwo na bwo yafatwaga n’ubwo burwayi ku mugoro wo ku wa Gatatu, babanje kubona ari ibisanzwe nk’uko bwajyaga bumufata bukagenda, bagasenga. Ati “Noneho bije turamureka dukomeza dusenga kuko n’ubundi twari twarabimenyereye twe.”

Byageze mu ma saa moya z’ijoro ku wa Gatatu, Gogo yongera gufatwa n’ubwo burwayi ariko noneho bimara igihe, kuko byagejeje saa mbiri n’igice, ari bwo bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga. Ati “Twabonye byafashe indi ntera.”

Ngo bamujyanye kwa muganga banitwaje abanyamasengesho barimo n’abafashe ingendo ndende, baramusengera ku buryo ngo “Gogo yaherekejwe nk’umugeni w’Imana.”

Ati “Tumugejeje kwa muganga, ngira ngo ntabwo hatambutsemo n’isaha. Gogo yaryamye arasinzira, ntiyongera kubyuka. Gogo afatiraho neza cyane, Gogo arigendera. Nguko uko Gogo yatashye.”

Bikem avuga ko abaganga batangaje ko nyakwigendera yishwe no kubura umwuka kubera buriya burwayi bw’igicuri yari yamaranye umwanya munini.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.