Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in IMYIDAGADURO
0
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ryafashaga umuhanzikazi Musabyimana Gloriose uzwi nka Gogo, witabye Imana, ryatangaje amakuru y’urupfu rwe, n’indwara yari amaranye igihe ari na yo yabaye intandaro yo gutabaruka kwe.

Byatangajwe na Bikem wa Yesu wari ushinzwe umuziki n’itangazamakuru mu itsinda ryafashaga uyu muhanzi Gogo witabye Imana ku wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025.

Mu kiganiro dukesha YouTube Channel ‘Yago TV Show’, Bikem yavuze ko Gogo n’itsinda ry’abamufashaga, bavuye mu Rwanda mu cyumweru gishize, berecyeje muri Uganda mu bikorwa by’ivugabutumwa uyu muhanzikazi yari yatumiwemo.

Uyu ushinzwe umuziki n’itangazamakuru mu itsinda ryafashaga nyakwigendera, avuga ko igiterane bari batumiwemo, bakoze urugendo rurerure bakagerayo bananiwe, ariko mu buryo bw’umwuka bari bameze neza.

Bikem avuga ko nyakwigendera Gogo yitwaye neza muri icyo giterane. Ati “Kuva navuka nagendana na Gogo, yatambiye Imana, yahimbaje Imana nk’umuntu uri gutaha.”

Ati “Umwana yarabyinnye. Yageze ku rwego abyina mu gitaramo akajya areba abantu batari gutambira Imana, afata inkoni, akajya ajya mu bapasiteri ati ‘Uri inde wo kudatambira Imana?’, akanyuza inkoni agasa nk’ukubita.”

Mu giterane cya kabiri cyabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bwo Gogo yagaragaje intege nke, bitandukanye n’uko mu giterane cya mbere yagaragaye, ariko ko byaterwaga no kuba ku wa Gatanu yari yakoresheje imbaraga nyinshi. Ati “Ntabwo twavuga ko ari ubundi burwayi.”

 

Urupfu rwe

Avuga ko barangije ibyo biterane, bavuye i Mbarara bakanyura Kampala kuganira n’abantu bagombaga kubaha ikiraka cyo kwamamaza ibikorwa byabo.

Bikem avuga ko ubusanzwe Gogo yari afite ubumuga kandi ko bwamuteraga ibibazo bikomeye, ariko ko batifuzaga ko bijya hanze.

Bageze i Kampala ku wa Mbere w’iki cyumweru, bucyeye bwaho ku wa Kabiri bajya gufata ifunguro muri resitora y’i Kampala, ari bwo Gogo yafatwaga n’uburwayi yari akunze kugira [burimo igicuri n’izindi ndwara zigenda zigaragara ku bantu bafite buri bumuga].

Bikem avuga ko nk’itsinda ryabaga hafi nyakwigendera, bahuraga na byinshi bigoye kubera uburwayi bwe, ariko ko kubera gukorera Imana, batabyinubiraga, ndetse bakanahora bamusengera.

Ati “Buriya twabazaniraga Gogo ku mbuga nkoranyambaga, ari zahabu yatunganyijwe, mukayibona ari final product ariko twebwe tuzi ibyo twarwanaga na byo. Twe nidutangaza ngo ‘Gogo araruhutse’ tuzi urutonde rw’ibyo aruhutse tuzi.”

Ati “Ku munsi wo ku wa Kabiri yaratitiye cyane, yikubita hasi agize amahirwe yikubita ku bibero bya Nsabimana [undi wo mu itsinda ryafashaga Gogo].”

Bikem avuga ko Gogo yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatatu, nyuma yuko bamujyanye kwa muganga na bwo yari yabanje kugaragaza ibimenyetso by’indwara yajyaga imufata.

Avuga ko ubwo na bwo yafatwaga n’ubwo burwayi ku mugoro wo ku wa Gatatu, babanje kubona ari ibisanzwe nk’uko bwajyaga bumufata bukagenda, bagasenga. Ati “Noneho bije turamureka dukomeza dusenga kuko n’ubundi twari twarabimenyereye twe.”

Byageze mu ma saa moya z’ijoro ku wa Gatatu, Gogo yongera gufatwa n’ubwo burwayi ariko noneho bimara igihe, kuko byagejeje saa mbiri n’igice, ari bwo bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga. Ati “Twabonye byafashe indi ntera.”

Ngo bamujyanye kwa muganga banitwaje abanyamasengesho barimo n’abafashe ingendo ndende, baramusengera ku buryo ngo “Gogo yaherekejwe nk’umugeni w’Imana.”

Ati “Tumugejeje kwa muganga, ngira ngo ntabwo hatambutsemo n’isaha. Gogo yaryamye arasinzira, ntiyongera kubyuka. Gogo afatiraho neza cyane, Gogo arigendera. Nguko uko Gogo yatashye.”

Bikem avuga ko abaganga batangaje ko nyakwigendera yishwe no kubura umwuka kubera buriya burwayi bw’igicuri yari yamaranye umwanya munini.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 7 =

Previous Post

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.