• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, begereye ahanyujijwe umuhanda Save-Musha, baravuga ko ikorwa ryawo, ryabangirije imitungo, ku buryo hari inzu ziyashije zikanasenyuka, nyamara nta n’ubegera ngo ababwire ikizakurikiraho.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Karugumya mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Mushya, bavuga ko bamwe muri bo batangiye gusembera nyuma yuko inzu zabo zangiritse bitewe n’ikorwa ry’uyu muhanda.

Hategekimana Andre ati “Iyi nzu yanjye yari nzima nyuma bari gukora umuhanda imashini zitsindagira umuhanda zitsindagiye irasenyuka. Ubu ndi gusembera kandi narahoranye inzu nta n’uwigeze anyegera ngo ambwire uko nabigenza ubu byaranyobeye rwose mfite ikibazo gikomeye.”

Bimenyimana na we avuga ko inzu ye yahuye n’ikibazo igasaduka akagira impungenege ko ishobora kumugwaho, gusa akabura ubushobozi bwo kwimuka.

Ati “Ubu byaranyobeye aho nabariza ikibazo cyanjye kuko kugeza ubu nta muntu wigeze anatugeraho ngo atubwire niba tuzishyurwa imitungo yacu yangijwe. Badufashije baduha ingurane kuko tubayeho nabi.”

Ni ikibazo aba baturage bavuga ko bagisangiye ari benshi bagasaba ko hagira igikorwa kigakemuka, kuko hari n’abafite impungenge ko inzu zabo zabagwaho isaha iyo ari yo yose.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere rw’Ubukungu, Habineza Jean Paul avuga ko nubwo uyu muhanda nta byinshi byawukozweho byasabaga ko aba baturage bahabwa ingurane, hagiye gusuzumwa niba hari abo ikorwa ryawo ryagizeho ingaruka bishyurwe.

Ati “Uwo muhanda wari warapfuye, icyo twakoze ni ugushyiramo laterite gusa, ntabwo twagombaga kwimura abantu ngo turabaha ingurane kuko ntabwo wigeze wagurwa mu mpande zawo kuko ntabwo ari kaburimbo twarimo dushyiramo.”

Uretse aba bavuga ko inyubako zabo zangijwe n’ikorwa ry’uyu muhanda hari n’abagaragaza ko hataciwe aho amazi agomba guca ugasanga ari kwangiza imirima y’abaturage.

Inzu z’aba baturage zangijwe n’ikorwa ry’umuhanda
Bavuga ko bamwe bari gusembera

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Next Post

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.