Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, begereye ahanyujijwe umuhanda Save-Musha, baravuga ko ikorwa ryawo, ryabangirije imitungo, ku buryo hari inzu ziyashije zikanasenyuka, nyamara nta n’ubegera ngo ababwire ikizakurikiraho.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Karugumya mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Mushya, bavuga ko bamwe muri bo batangiye gusembera nyuma yuko inzu zabo zangiritse bitewe n’ikorwa ry’uyu muhanda.

Hategekimana Andre ati “Iyi nzu yanjye yari nzima nyuma bari gukora umuhanda imashini zitsindagira umuhanda zitsindagiye irasenyuka. Ubu ndi gusembera kandi narahoranye inzu nta n’uwigeze anyegera ngo ambwire uko nabigenza ubu byaranyobeye rwose mfite ikibazo gikomeye.”

Bimenyimana na we avuga ko inzu ye yahuye n’ikibazo igasaduka akagira impungenege ko ishobora kumugwaho, gusa akabura ubushobozi bwo kwimuka.

Ati “Ubu byaranyobeye aho nabariza ikibazo cyanjye kuko kugeza ubu nta muntu wigeze anatugeraho ngo atubwire niba tuzishyurwa imitungo yacu yangijwe. Badufashije baduha ingurane kuko tubayeho nabi.”

Ni ikibazo aba baturage bavuga ko bagisangiye ari benshi bagasaba ko hagira igikorwa kigakemuka, kuko hari n’abafite impungenge ko inzu zabo zabagwaho isaha iyo ari yo yose.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere rw’Ubukungu, Habineza Jean Paul avuga ko nubwo uyu muhanda nta byinshi byawukozweho byasabaga ko aba baturage bahabwa ingurane, hagiye gusuzumwa niba hari abo ikorwa ryawo ryagizeho ingaruka bishyurwe.

Ati “Uwo muhanda wari warapfuye, icyo twakoze ni ugushyiramo laterite gusa, ntabwo twagombaga kwimura abantu ngo turabaha ingurane kuko ntabwo wigeze wagurwa mu mpande zawo kuko ntabwo ari kaburimbo twarimo dushyiramo.”

Uretse aba bavuga ko inyubako zabo zangijwe n’ikorwa ry’uyu muhanda hari n’abagaragaza ko hataciwe aho amazi agomba guca ugasanga ari kwangiza imirima y’abaturage.

Inzu z’aba baturage zangijwe n’ikorwa ry’umuhanda
Bavuga ko bamwe bari gusembera

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Next Post

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.