Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanya abantu 26 biganjemo abakiri mu cyiciro cy’urubyiriko bakurikiranyweho ibyaha bw’ubwambuzi bushukana, bari mu itsinda ryiyise ‘Abameni’ batekera abantu imitwe kuri Telefone kugira ngo babarye amafaranga yabo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, ku cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Aba bantu 26, barimo ab’igitsinagabo 25 n’umugore umwe, babarizwa mu itsinda ryiyise ‘Abameni’ bakunze guhamagara abantu kuri Telefone, babwira abantu ko hari amafaranga yabo yayobeye kuri Telefone, zabo kugira ngo babone uko bayabiba.

Aba bantu berekaniwe mu Mujyi wa Kigali, bafatiwe mu Karere ka Rusizi, ahakunze gufatirwa abantu bo muri iri tsinda, ryavuzweho kenshi ko bahamagara abantu kuri telefone babatesha umutwe bababwira ko bayobeje amafaranga yabo, babasaba kuyabasubiza, ku buryo iyo batagenzuye neza, baboherereza amafaranga yari kuri telefone zabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaga, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu bibwe bashutswe n’aba biyita ‘Abameni’ harimo abakozi ba Leta, Abakozi b’Imana, n’abakora mu nzego z’umutekano.

Dr Murangira, avuga ko amafaranga yibwe mu bikorwa bikekwa kuri aba bantu berekanywe uyu munsi, arenga Miliyoni 30 Frw, mu gihe agera kuri Miliyoni 15 Frw yagarujwe agasubizwa ba nyirayo.

Yavuze kandi ko imitungoifite agaciro ka Miliyoni 10 Frw y’aba bakekwaho ubwambuzi bushukana, na yo yafatiriwe, bikaba biteganywa ko yazatezwa cyamunara kugira ngo haboneke ubwishyu bw’abantu bambuye amafaranga yabo.

Dr Murangira yongeye gusaba Abanyarwanda kuba maso no kugira amakenga mu gihe hari ababahamagaye babwira ko hari amafaranga yayobeye kuri telefone zabo, ngo kugira ibyo bakanda Yagize ati “Aba bantu babasaba gukanda akanyenyeri, mugire amakenga, mubime amatwi.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kimwe na sosiyete z’itumanaho, bakunze kugira inama kenshi abaturarwanda, kwima amatwi abantu bose babahamagara kuri Telefone, babwira kugira imibare bakanda muri telefone zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Next Post

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.