Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanya abantu 26 biganjemo abakiri mu cyiciro cy’urubyiriko bakurikiranyweho ibyaha bw’ubwambuzi bushukana, bari mu itsinda ryiyise ‘Abameni’ batekera abantu imitwe kuri Telefone kugira ngo babarye amafaranga yabo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, ku cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Aba bantu 26, barimo ab’igitsinagabo 25 n’umugore umwe, babarizwa mu itsinda ryiyise ‘Abameni’ bakunze guhamagara abantu kuri Telefone, babwira abantu ko hari amafaranga yabo yayobeye kuri Telefone, zabo kugira ngo babone uko bayabiba.

Aba bantu berekaniwe mu Mujyi wa Kigali, bafatiwe mu Karere ka Rusizi, ahakunze gufatirwa abantu bo muri iri tsinda, ryavuzweho kenshi ko bahamagara abantu kuri telefone babatesha umutwe bababwira ko bayobeje amafaranga yabo, babasaba kuyabasubiza, ku buryo iyo batagenzuye neza, baboherereza amafaranga yari kuri telefone zabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaga, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu bibwe bashutswe n’aba biyita ‘Abameni’ harimo abakozi ba Leta, Abakozi b’Imana, n’abakora mu nzego z’umutekano.

Dr Murangira, avuga ko amafaranga yibwe mu bikorwa bikekwa kuri aba bantu berekanywe uyu munsi, arenga Miliyoni 30 Frw, mu gihe agera kuri Miliyoni 15 Frw yagarujwe agasubizwa ba nyirayo.

Yavuze kandi ko imitungoifite agaciro ka Miliyoni 10 Frw y’aba bakekwaho ubwambuzi bushukana, na yo yafatiriwe, bikaba biteganywa ko yazatezwa cyamunara kugira ngo haboneke ubwishyu bw’abantu bambuye amafaranga yabo.

Dr Murangira yongeye gusaba Abanyarwanda kuba maso no kugira amakenga mu gihe hari ababahamagaye babwira ko hari amafaranga yayobeye kuri telefone zabo, ngo kugira ibyo bakanda Yagize ati “Aba bantu babasaba gukanda akanyenyeri, mugire amakenga, mubime amatwi.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kimwe na sosiyete z’itumanaho, bakunze kugira inama kenshi abaturarwanda, kwima amatwi abantu bose babahamagara kuri Telefone, babwira kugira imibare bakanda muri telefone zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Next Post

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.