Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Abambasaderi bane baje guhagarararira Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Brazil, wavuze ko yifuza kubona amwe mu makipe y’iwabo nk’Igihugu giteye imbere muri ruhago, yambaye ‘Visit Rwanda’.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, aho Umukuru w’u Rwanda yakiriye aba Badipolomate mu Biro bye muri Village Urugwiro, bakamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira Ibihugu byabo mu Rwanda.

Ambasaderi Irene Vida Gala wa Brazil, yavuze ko yifuza kwagura imikoranire y’Igihugu cye n’u Rwanda isanzwe ihagaze neza byumwihariko mu buhinzi.

Yagize ati “Mfite inzozi kandi, izo nzozi zanjye ni ukuzabona Visit Rwanda kuri imwe mu makipe yo muri Brazil. Dufite amakipe akomeye cyane mu bijyanye n’umupira w’amaguru, kubera iki rero tutagira Visit Rwanda ku myambaro y’amwe mu makipe yacu? Ikindi Brazil ikomeye cyane mu bijyanye n’ubuhinzi, rero turifuza gukorana n’u Rwanda muri uru urwo rwego.”

U rwanda na Brazi bisanzwe bifitanye imikoranire, ndetse muri uyu mwaka mu kwezi kwa karindwi Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi.

Ambasaderi mushya w’u Bufaransa, Aurélie Royet-Gounin na we washyikirije Perezida Paul Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Igihugu cye mu Rwanda, asimbuye Antoine Anfré, yavuze ko yiteguye gukomereza aho mugenzi we yari agejeje.

Ati “Dufite umubano umaze igihe kirekire dukorana mu bintu byinshi cyane. Perezida wa Repubulika yansabye kuwushimangira, Nzakomereza aho mugenzi wanjye Antoine Anfré yari agejeje, dufite byinshi dukoranaho birimo ubutabera, kurwanya umuco wo kudahana no gupfobya no guhakana Jenoside mu Bufaransa, ni igikorwa twiyemeje kuva ku ruzinduko rwa Perezida Macron mu 2021, ariko hari n’izindi nzego z’imikoranire harimo ubuzima, guhugurana, inzego za gisirikare dushaka ko imikoranire irushaho kwiyongera, hari ibikorwa byinshi birimo guteza imbere ururimi rw’igifaransa, nabibona ko hari amahirwe.”

Yakomeje agira ati “Nishimiye ko ngiye gukorera mu Gihugu cyubahiriza uburenganzira bw’abagore kuko ni ingingo ikomeye mu Bufaransa no kuri njye ubwanjye kandi nizeye kwigira ku Rwanda uburyo rubishyira mu bikorwa.”

Ambasaderi wa Denmark mu Rwanda, Casper Stenger Jensen ubaye uwa mbere ugize icyicaro mu Rwanda ahagarariye Igihugu cye, yavuze ko abyisimiye ndetse ko kimwe mu byo azibandaho, ari uguteza imbere ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.

Ati “Ni ibyagaciro kuba ndi hano aho Denmark yafunguye ambasade nshya i Kigali ndetse nkaba ndi Ambasaderi wa mbere uzakorera inshingano ze hano. Ubufatanye hagati, ubufatanye hagati y’u Rwanda ndetse na Denmark bwakomeje gutera imbere mu myaka mike ishize aho ndetse iyi mikoranire iri kugenda itera imbere mu buryo bushimishije, aho turi kugerageza kureba inzego nshya twagiranamo imikoranire. Ubu rero kimwe mu byo dushyize imbere ni uburyo twakongera ishoramari mu bucuruzi bubyara inyungu hagati y’Ibihugu byombi.”

Undi washyikirije Perezida Paul Kagame impapuro zo guhagararira igihugu cye, ni AbdelAziz Elsaid Shahin uhagarariye Misiri. U Rwanda na Misiri biheruka gusinya amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubwikorezi, ndetse n’ubucuruzi.

Ubwo Ambasaderi wa Brazil yinjira muri Village Urugwiro
Perezida Kagame na Ambasader wa Brazil, Irene Vida Gala
Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya w’u Bufaransa, Aurélie Royet-Gounin

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi wa Denmark, Casper Stenger Jensen

Na Ambasaderi wa Misiri, Hanan AbdelAziz Elsaid Shahin

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Next Post

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.