Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Abambasaderi bane baje guhagarararira Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Brazil, wavuze ko yifuza kubona amwe mu makipe y’iwabo nk’Igihugu giteye imbere muri ruhago, yambaye ‘Visit Rwanda’.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, aho Umukuru w’u Rwanda yakiriye aba Badipolomate mu Biro bye muri Village Urugwiro, bakamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira Ibihugu byabo mu Rwanda.

Ambasaderi Irene Vida Gala wa Brazil, yavuze ko yifuza kwagura imikoranire y’Igihugu cye n’u Rwanda isanzwe ihagaze neza byumwihariko mu buhinzi.

Yagize ati “Mfite inzozi kandi, izo nzozi zanjye ni ukuzabona Visit Rwanda kuri imwe mu makipe yo muri Brazil. Dufite amakipe akomeye cyane mu bijyanye n’umupira w’amaguru, kubera iki rero tutagira Visit Rwanda ku myambaro y’amwe mu makipe yacu? Ikindi Brazil ikomeye cyane mu bijyanye n’ubuhinzi, rero turifuza gukorana n’u Rwanda muri uru urwo rwego.”

U rwanda na Brazi bisanzwe bifitanye imikoranire, ndetse muri uyu mwaka mu kwezi kwa karindwi Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi.

Ambasaderi mushya w’u Bufaransa, Aurélie Royet-Gounin na we washyikirije Perezida Paul Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Igihugu cye mu Rwanda, asimbuye Antoine Anfré, yavuze ko yiteguye gukomereza aho mugenzi we yari agejeje.

Ati “Dufite umubano umaze igihe kirekire dukorana mu bintu byinshi cyane. Perezida wa Repubulika yansabye kuwushimangira, Nzakomereza aho mugenzi wanjye Antoine Anfré yari agejeje, dufite byinshi dukoranaho birimo ubutabera, kurwanya umuco wo kudahana no gupfobya no guhakana Jenoside mu Bufaransa, ni igikorwa twiyemeje kuva ku ruzinduko rwa Perezida Macron mu 2021, ariko hari n’izindi nzego z’imikoranire harimo ubuzima, guhugurana, inzego za gisirikare dushaka ko imikoranire irushaho kwiyongera, hari ibikorwa byinshi birimo guteza imbere ururimi rw’igifaransa, nabibona ko hari amahirwe.”

Yakomeje agira ati “Nishimiye ko ngiye gukorera mu Gihugu cyubahiriza uburenganzira bw’abagore kuko ni ingingo ikomeye mu Bufaransa no kuri njye ubwanjye kandi nizeye kwigira ku Rwanda uburyo rubishyira mu bikorwa.”

Ambasaderi wa Denmark mu Rwanda, Casper Stenger Jensen ubaye uwa mbere ugize icyicaro mu Rwanda ahagarariye Igihugu cye, yavuze ko abyisimiye ndetse ko kimwe mu byo azibandaho, ari uguteza imbere ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.

Ati “Ni ibyagaciro kuba ndi hano aho Denmark yafunguye ambasade nshya i Kigali ndetse nkaba ndi Ambasaderi wa mbere uzakorera inshingano ze hano. Ubufatanye hagati, ubufatanye hagati y’u Rwanda ndetse na Denmark bwakomeje gutera imbere mu myaka mike ishize aho ndetse iyi mikoranire iri kugenda itera imbere mu buryo bushimishije, aho turi kugerageza kureba inzego nshya twagiranamo imikoranire. Ubu rero kimwe mu byo dushyize imbere ni uburyo twakongera ishoramari mu bucuruzi bubyara inyungu hagati y’Ibihugu byombi.”

Undi washyikirije Perezida Paul Kagame impapuro zo guhagararira igihugu cye, ni AbdelAziz Elsaid Shahin uhagarariye Misiri. U Rwanda na Misiri biheruka gusinya amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubwikorezi, ndetse n’ubucuruzi.

Ubwo Ambasaderi wa Brazil yinjira muri Village Urugwiro
Perezida Kagame na Ambasader wa Brazil, Irene Vida Gala
Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya w’u Bufaransa, Aurélie Royet-Gounin

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi wa Denmark, Casper Stenger Jensen

Na Ambasaderi wa Misiri, Hanan AbdelAziz Elsaid Shahin

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − three =

Previous Post

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Next Post

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.