• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Abambasaderi bane baje guhagarararira Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Brazil, wavuze ko yifuza kubona amwe mu makipe y’iwabo nk’Igihugu giteye imbere muri ruhago, yambaye ‘Visit Rwanda’.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, aho Umukuru w’u Rwanda yakiriye aba Badipolomate mu Biro bye muri Village Urugwiro, bakamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira Ibihugu byabo mu Rwanda.

Ambasaderi Irene Vida Gala wa Brazil, yavuze ko yifuza kwagura imikoranire y’Igihugu cye n’u Rwanda isanzwe ihagaze neza byumwihariko mu buhinzi.

Yagize ati “Mfite inzozi kandi, izo nzozi zanjye ni ukuzabona Visit Rwanda kuri imwe mu makipe yo muri Brazil. Dufite amakipe akomeye cyane mu bijyanye n’umupira w’amaguru, kubera iki rero tutagira Visit Rwanda ku myambaro y’amwe mu makipe yacu? Ikindi Brazil ikomeye cyane mu bijyanye n’ubuhinzi, rero turifuza gukorana n’u Rwanda muri uru urwo rwego.”

U rwanda na Brazi bisanzwe bifitanye imikoranire, ndetse muri uyu mwaka mu kwezi kwa karindwi Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi.

Ambasaderi mushya w’u Bufaransa, Aurélie Royet-Gounin na we washyikirije Perezida Paul Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Igihugu cye mu Rwanda, asimbuye Antoine Anfré, yavuze ko yiteguye gukomereza aho mugenzi we yari agejeje.

Ati “Dufite umubano umaze igihe kirekire dukorana mu bintu byinshi cyane. Perezida wa Repubulika yansabye kuwushimangira, Nzakomereza aho mugenzi wanjye Antoine Anfré yari agejeje, dufite byinshi dukoranaho birimo ubutabera, kurwanya umuco wo kudahana no gupfobya no guhakana Jenoside mu Bufaransa, ni igikorwa twiyemeje kuva ku ruzinduko rwa Perezida Macron mu 2021, ariko hari n’izindi nzego z’imikoranire harimo ubuzima, guhugurana, inzego za gisirikare dushaka ko imikoranire irushaho kwiyongera, hari ibikorwa byinshi birimo guteza imbere ururimi rw’igifaransa, nabibona ko hari amahirwe.”

Yakomeje agira ati “Nishimiye ko ngiye gukorera mu Gihugu cyubahiriza uburenganzira bw’abagore kuko ni ingingo ikomeye mu Bufaransa no kuri njye ubwanjye kandi nizeye kwigira ku Rwanda uburyo rubishyira mu bikorwa.”

Ambasaderi wa Denmark mu Rwanda, Casper Stenger Jensen ubaye uwa mbere ugize icyicaro mu Rwanda ahagarariye Igihugu cye, yavuze ko abyisimiye ndetse ko kimwe mu byo azibandaho, ari uguteza imbere ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.

Ati “Ni ibyagaciro kuba ndi hano aho Denmark yafunguye ambasade nshya i Kigali ndetse nkaba ndi Ambasaderi wa mbere uzakorera inshingano ze hano. Ubufatanye hagati, ubufatanye hagati y’u Rwanda ndetse na Denmark bwakomeje gutera imbere mu myaka mike ishize aho ndetse iyi mikoranire iri kugenda itera imbere mu buryo bushimishije, aho turi kugerageza kureba inzego nshya twagiranamo imikoranire. Ubu rero kimwe mu byo dushyize imbere ni uburyo twakongera ishoramari mu bucuruzi bubyara inyungu hagati y’Ibihugu byombi.”

Undi washyikirije Perezida Paul Kagame impapuro zo guhagararira igihugu cye, ni AbdelAziz Elsaid Shahin uhagarariye Misiri. U Rwanda na Misiri biheruka gusinya amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubwikorezi, ndetse n’ubucuruzi.

Ubwo Ambasaderi wa Brazil yinjira muri Village Urugwiro
Perezida Kagame na Ambasader wa Brazil, Irene Vida Gala
Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya w’u Bufaransa, Aurélie Royet-Gounin

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi wa Denmark, Casper Stenger Jensen

Na Ambasaderi wa Misiri, Hanan AbdelAziz Elsaid Shahin

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eleven =

Previous Post

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Next Post

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.