• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ku cyatumye bamwe mu bari bitabiriye Inteko ya Rayon basohorwa itararangira

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ku cyatumye bamwe mu bari bitabiriye Inteko ya Rayon basohorwa itararangira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakozi b’Ikipe ya Rayon Sports bari bitabiriye Inteko Rusange y’iyi kipe, bakaza gusohorwa ubwo yari irimbanyije, biravugwa ko byakozwe kugira ngo haganirwe ku mwuka mubi uvugwa hagati ya bamwe mu bari mu buyobozi bwayo.

Iyi Nteko Rusange isanzwe yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yari imaze igihe itegerejwe, aho benshi bibazaga ikigomba kuyigirwamo n’imyanzuro ishobora kuyivamo, dore ko yateranye hamaze igihe havugwa umwuka utari mwiza muri bamwe mu bafite ijambo muri Rayon.

Ubwo iyi nama yari irimbanyije muri imwe muri Hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, amakuru avuga ko bamwe mu bakozi b’iyi kipe ya Rayon Sports, basohowe mu cyumba yaberagamo.

Abasohowe mu cyumba cyaberagamo iyi Nteko Rusange, barimo Umuvugizi wa Rayon Sports, Ngabo Roben, n’Umuhuzabikorwa w’abafana b’iyi kipe, Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Matic.

Gusohorwa kwabo ntibyari bigamije kugira ikindi bahishwa, ahubwo kwari ukugira ngo haganirwe ku mwuka mubi uvugwa hagati ya Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée n’umwungirije Visi Pereza wa mbere, Muhirwa Prosper.

Ngo muri uwo mwanya wasohowemo bamwe mu bakozi ba Rayon, Komite ishinzwe gukemura amakimbirane muri iyi kipe, yashashe inzobe n’aba bavugwagaho kudahuza, ku kutavuga rumwe biri hagati yabo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko ikibazo kitarangiye muri uwo mwanya, ari na bwo Komite ishinzwe gukemura amakimbirane, yafataga umwanzuro wo kuzabatumiza, ubundi buri wese akagaragaza icyo atishimira kuri mugenzi we.

Iyi Komite ishinzwe gukemura amakimbirane nimara kumva aba bombi, hazabaho umwanya wo gufata umwanzuro, kandi utangarizwe abanyamuryango b’iyi kipe ya Rayon Sports.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Next Post

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.