Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ku cyatumye bamwe mu bari bitabiriye Inteko ya Rayon basohorwa itararangira

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ku cyatumye bamwe mu bari bitabiriye Inteko ya Rayon basohorwa itararangira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakozi b’Ikipe ya Rayon Sports bari bitabiriye Inteko Rusange y’iyi kipe, bakaza gusohorwa ubwo yari irimbanyije, biravugwa ko byakozwe kugira ngo haganirwe ku mwuka mubi uvugwa hagati ya bamwe mu bari mu buyobozi bwayo.

Iyi Nteko Rusange isanzwe yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yari imaze igihe itegerejwe, aho benshi bibazaga ikigomba kuyigirwamo n’imyanzuro ishobora kuyivamo, dore ko yateranye hamaze igihe havugwa umwuka utari mwiza muri bamwe mu bafite ijambo muri Rayon.

Ubwo iyi nama yari irimbanyije muri imwe muri Hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, amakuru avuga ko bamwe mu bakozi b’iyi kipe ya Rayon Sports, basohowe mu cyumba yaberagamo.

Abasohowe mu cyumba cyaberagamo iyi Nteko Rusange, barimo Umuvugizi wa Rayon Sports, Ngabo Roben, n’Umuhuzabikorwa w’abafana b’iyi kipe, Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Matic.

Gusohorwa kwabo ntibyari bigamije kugira ikindi bahishwa, ahubwo kwari ukugira ngo haganirwe ku mwuka mubi uvugwa hagati ya Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée n’umwungirije Visi Pereza wa mbere, Muhirwa Prosper.

Ngo muri uwo mwanya wasohowemo bamwe mu bakozi ba Rayon, Komite ishinzwe gukemura amakimbirane muri iyi kipe, yashashe inzobe n’aba bavugwagaho kudahuza, ku kutavuga rumwe biri hagati yabo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko ikibazo kitarangiye muri uwo mwanya, ari na bwo Komite ishinzwe gukemura amakimbirane, yafataga umwanzuro wo kuzabatumiza, ubundi buri wese akagaragaza icyo atishimira kuri mugenzi we.

Iyi Komite ishinzwe gukemura amakimbirane nimara kumva aba bombi, hazabaho umwanya wo gufata umwanzuro, kandi utangarizwe abanyamuryango b’iyi kipe ya Rayon Sports.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Next Post

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.