Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubuyobozi mu Ntara y’Iburengerazuba, ziratangaza ko abantu 29 ari bo bagwiriwe n’urukuta rw’Urugomero rwa Nyirahindwe ruri kubakwa mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, muri bo 12 bakaba bavuyemo ari bazima, umunani bakahasiga ubuzima.

Ni impanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025, ahubakwa uru rugomero mu Mudugudu wa Rwaramba mu Kagari ka Bisumo.

Nyuma y’iyi mpanuka, amakuru yahise ajya hanze, yavugaga ko abantu umunani ari bo bamenyekanye ko bayiburiyemo ubuzima.

Kugeza ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, amakuru avuga ko ruriya rukuta rwagwiriye abantu 29, bariya umunani bagahita bitaba Imana, mu gihe abandi 12 bakuwe munsi yarwo ari bazima.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yagize ati “Abantu umunani rwagwiriye bahita bapfa na cumi na babiri (12) bavuyemo ari bazima, umubare w’abakomeretse wo ntibarawumpa wose kuko bagishakisha ko nta bandi baba bakirimo, banabaza neza umubare w’abahakoraga n’ababonetse ngo harebwe niba nta kinyuranyo kirimo, niba kinarimo abatabonetse hamenyekane aho bari.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, avuga ko ubu hari kwegeranywa imibare kugira ngo hamenyekane abahakoraga, abari bahari ubwo ruriya rukuta rwagwaga.

Ati “Icya mbere cyihutirwa ni ukumenya imiryango y’abahaburiye abayo igahumurizwa, igafashwa gushyingura ba nyakwigendera no kuvuza abakomeretse.”

Nanone kandi haragenzurwa harebwe niba aba bahakoraga bari bafite ubwishingizi, ku buryo hakiri byinshi bikiri gukurikiranwa.

Umwe mu bari ahabereye iyi mpanuka, avuga ko yabaye mu gihe abantu bari mu mirimo, dore ko hari abari imbere y’urukuta rwabagiwiriye, ndetse n’abari mu yindi mirimo hafi yarwo.

Yagize ati “Hari abari mu gice cy’imbere cyegereye umugezi barimo bagikotera na sima, hakaba ababaherezaga sima n’abasukaga itaka inyuma yarwo ngo ruhure n’umusozi uwegereye ntihabemo umwanya. Bigeze mu ma saa yine n’igice ruragwa.”

Uyu uvuga ko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe n’uburemere bwa ruriya rukuta rwagwiriye abantu, avuga ko uru rukuta rwari rufite uburebure bw’ubutambike buri hagati ya metero 25 na 30 ndetse na metero eshanu z’uburebure bw’ubujyejuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Next Post

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.