• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubuyobozi mu Ntara y’Iburengerazuba, ziratangaza ko abantu 29 ari bo bagwiriwe n’urukuta rw’Urugomero rwa Nyirahindwe ruri kubakwa mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, muri bo 12 bakaba bavuyemo ari bazima, umunani bakahasiga ubuzima.

Ni impanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025, ahubakwa uru rugomero mu Mudugudu wa Rwaramba mu Kagari ka Bisumo.

Nyuma y’iyi mpanuka, amakuru yahise ajya hanze, yavugaga ko abantu umunani ari bo bamenyekanye ko bayiburiyemo ubuzima.

Kugeza ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, amakuru avuga ko ruriya rukuta rwagwiriye abantu 29, bariya umunani bagahita bitaba Imana, mu gihe abandi 12 bakuwe munsi yarwo ari bazima.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yagize ati “Abantu umunani rwagwiriye bahita bapfa na cumi na babiri (12) bavuyemo ari bazima, umubare w’abakomeretse wo ntibarawumpa wose kuko bagishakisha ko nta bandi baba bakirimo, banabaza neza umubare w’abahakoraga n’ababonetse ngo harebwe niba nta kinyuranyo kirimo, niba kinarimo abatabonetse hamenyekane aho bari.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, avuga ko ubu hari kwegeranywa imibare kugira ngo hamenyekane abahakoraga, abari bahari ubwo ruriya rukuta rwagwaga.

Ati “Icya mbere cyihutirwa ni ukumenya imiryango y’abahaburiye abayo igahumurizwa, igafashwa gushyingura ba nyakwigendera no kuvuza abakomeretse.”

Nanone kandi haragenzurwa harebwe niba aba bahakoraga bari bafite ubwishingizi, ku buryo hakiri byinshi bikiri gukurikiranwa.

Umwe mu bari ahabereye iyi mpanuka, avuga ko yabaye mu gihe abantu bari mu mirimo, dore ko hari abari imbere y’urukuta rwabagiwiriye, ndetse n’abari mu yindi mirimo hafi yarwo.

Yagize ati “Hari abari mu gice cy’imbere cyegereye umugezi barimo bagikotera na sima, hakaba ababaherezaga sima n’abasukaga itaka inyuma yarwo ngo ruhure n’umusozi uwegereye ntihabemo umwanya. Bigeze mu ma saa yine n’igice ruragwa.”

Uyu uvuga ko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe n’uburemere bwa ruriya rukuta rwagwiriye abantu, avuga ko uru rukuta rwari rufite uburebure bw’ubutambike buri hagati ya metero 25 na 30 ndetse na metero eshanu z’uburebure bw’ubujyejuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Next Post

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.