Wednesday, September 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23 gukorera Jenoside Abanyekongo b’Abahutu, ruvuga ko ibi birego by’ibinyoma ari “umurongo utukura” udashobora kwihanganirwa ngo ube warengwaho.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri i Genève mu Busuwisi hateranye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu.

Muri aka Kanama, Komiseri ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri UN, Volker Türk na we wagendeye ku birego by’ibinyoma, yavuze ko hagati ya tariki 08 na 29 Nyakanga, ngo abarwanyi M23 bari kumwe n’abarimo abasivile n’abasirikare ngo bikekwa ko ari Ingabo z’u Rwanda, bateye amasambu menshi muri Sheferi ya Bwishya ngo bakica abasivile benshi b’Abahutu.

Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Samuel Mbemba Kabuya wari uhagarariye iki Gihugu muri aka Kanama, yubakiye kuri ibi byatangajwe na Volker Türk, avuga ko ibyabaye ari Jenoside.

Yavuze ko Volker Türk yari akwiye kuvuga ko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na M23 bakoreye Jenoside Abahutu bo muri biriya bice byo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure na Urujeni Bakuramutsa Manzi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Biro bya UN, wavuze ko ibyatangajwe na Minisitiri Samuel Mbemba Kabuya ari igitutsi gikomeye ku Gihugu nk’u Rwanda.

Yabanje kuvuga ko yifuza kumva neza ibyatangajwe na Ministiri Samuel Mbemba Kabuya, niba “ashinja itsinda ryacu n’Igihugu cyacu kuba Abajenosideri ku butaka bwabo.” Kandi byaba ari amahano kwemeza ikintu nk’iki kidashingiye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga, aboneraho gusaba umwanya wo kugira icyo abivugaho.

Ahawe umwanya ngo asubize kuri ibi birego by’ibinyoma, Amb. Urujendo Bakuramutsa yagize ati “Ni umurongo utukura, nyakubahwa Perezida, ku Gihugu cyacu gushinjwa Jenoside, mu gihe tuzi ko ari ibintu bigenwa n’amahame mpuzamahanga, nta rwego na rwumwe rwigeze ruyita gutyo, rero ntabwo nshobora kwemera ko ibintu nk’ibyo bivugirwa hano mu nyubako za UN, ngo nemere ko bibera mu maso yanyu nyakubahwa Perezida. Ndifuza ko muha umurongo ibi bintu. Ntabwo ari ibirego dushobora kwemera.”

Ibi birego by’ibinyoma bishingiye kuri raporo ziherutse kujya hanze, zavuze ko hari abaturage b’Abahutu bishwe muri biriya bice byo muri Rutshuru.

Amb. Bakuramutsa yavuze ko ziriya raporo zuzuye amakuru abogamye, atanakorewe ubugenzuzi, kuko abazikoze batigeze banakandagira aho bavuga ko ibyo byabereye, ahubwo ko no muri izo nyandiko ubwazo banivugira ko hari imbogamizi zo kuhagera.

Ati “Ntibigeze bagera ku makuru mpamo, ibirego nk’ibi bikomeye, ni ngombwa ko binagaragarizwa ibihamya bifatika.”

Ibi birego byatangiye kuzamurwa n’Ubutegetsi bwa DRC, mu gihe ahubwo ari bwo bwakunze gushinjwa kenshi gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu bikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, n’ubu bagikomeje kugirirwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − seventeen =

Previous Post

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Next Post

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

Related Posts

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

by radiotv10
10/09/2025
0

Abapolisi 24 bamaze igihe bahabwa amahugurwa yihariye yo kurwanya iterabwoba, bagaragaje imwe mu myitozo bahakuye mu bijyanye no gukoresha imtwaro...

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ku mu mavugurura ari gukorwa mu itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, hateganyijwemo ibihano byo kwamburwa amanota ku...

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

by radiotv10
10/09/2025
0

Inzego z’Ubuyobozi mu Ntara y’Iburengerazuba, ziratangaza ko abantu 29 ari bo bagwiriwe n’urukuta rw’Urugomero rwa Nyirahindwe ruri kubakwa mu Murenge...

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

by radiotv10
10/09/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gashuri mu Kagari ka Kibagabaga Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baravuga...

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

by radiotv10
10/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, begereye ahanyujijwe umuhanda Save-Musha, baravuga ko ikorwa ryawo, ryabangirije...

IZIHERUKA

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero
AMAHANGA

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

by radiotv10
10/09/2025
0

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

10/09/2025
AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

10/09/2025
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

10/09/2025
Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

10/09/2025
Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

10/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b'u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.