• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23 gukorera Jenoside Abanyekongo b’Abahutu, ruvuga ko ibi birego by’ibinyoma ari “umurongo utukura” udashobora kwihanganirwa ngo ube warengwaho.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri i Genève mu Busuwisi hateranye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu.

Muri aka Kanama, Komiseri ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri UN, Volker Türk na we wagendeye ku birego by’ibinyoma, yavuze ko hagati ya tariki 08 na 29 Nyakanga, ngo abarwanyi M23 bari kumwe n’abarimo abasivile n’abasirikare ngo bikekwa ko ari Ingabo z’u Rwanda, bateye amasambu menshi muri Sheferi ya Bwishya ngo bakica abasivile benshi b’Abahutu.

Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Samuel Mbemba Kabuya wari uhagarariye iki Gihugu muri aka Kanama, yubakiye kuri ibi byatangajwe na Volker Türk, avuga ko ibyabaye ari Jenoside.

Yavuze ko Volker Türk yari akwiye kuvuga ko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na M23 bakoreye Jenoside Abahutu bo muri biriya bice byo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure na Urujeni Bakuramutsa Manzi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Biro bya UN, wavuze ko ibyatangajwe na Minisitiri Samuel Mbemba Kabuya ari igitutsi gikomeye ku Gihugu nk’u Rwanda.

Yabanje kuvuga ko yifuza kumva neza ibyatangajwe na Ministiri Samuel Mbemba Kabuya, niba “ashinja itsinda ryacu n’Igihugu cyacu kuba Abajenosideri ku butaka bwabo.” Kandi byaba ari amahano kwemeza ikintu nk’iki kidashingiye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga, aboneraho gusaba umwanya wo kugira icyo abivugaho.

Ahawe umwanya ngo asubize kuri ibi birego by’ibinyoma, Amb. Urujendo Bakuramutsa yagize ati “Ni umurongo utukura, nyakubahwa Perezida, ku Gihugu cyacu gushinjwa Jenoside, mu gihe tuzi ko ari ibintu bigenwa n’amahame mpuzamahanga, nta rwego na rwumwe rwigeze ruyita gutyo, rero ntabwo nshobora kwemera ko ibintu nk’ibyo bivugirwa hano mu nyubako za UN, ngo nemere ko bibera mu maso yanyu nyakubahwa Perezida. Ndifuza ko muha umurongo ibi bintu. Ntabwo ari ibirego dushobora kwemera.”

Ibi birego by’ibinyoma bishingiye kuri raporo ziherutse kujya hanze, zavuze ko hari abaturage b’Abahutu bishwe muri biriya bice byo muri Rutshuru.

Amb. Bakuramutsa yavuze ko ziriya raporo zuzuye amakuru abogamye, atanakorewe ubugenzuzi, kuko abazikoze batigeze banakandagira aho bavuga ko ibyo byabereye, ahubwo ko no muri izo nyandiko ubwazo banivugira ko hari imbogamizi zo kuhagera.

Ati “Ntibigeze bagera ku makuru mpamo, ibirego nk’ibi bikomeye, ni ngombwa ko binagaragarizwa ibihamya bifatika.”

Ibi birego byatangiye kuzamurwa n’Ubutegetsi bwa DRC, mu gihe ahubwo ari bwo bwakunze gushinjwa kenshi gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu bikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, n’ubu bagikomeje kugirirwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Next Post

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.