Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gashuri mu Kagari ka Kibagabaga Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baravuga ko bagiye gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bwabo, bagezeyo batungurwa no gusanga bwanditse ku muturage batazi.

Mu mwaka wa 2013 ni bwo umuturage witwa Kairaba Annie yaguriye abaturage batanu ubutaka bungana na Metero kare 2 660 buhereye mu Mudugudu wa Gashuri, Akagari ka Kibagabaga Umurenge Kimironko.

Yaje kubishyura amafranga yabo ariko abasigaramo 20% kugira ngo bazahinduze ibyangombwa by’ubutaka bwabo kuko ibyo bari bafite byagaragazaga ubuso bw’ubutaka buto ugereranyije n’ingano yabwo nyirizina.

Mu mwaka wa 2016 ubwo abaturage bari bagiye guhinduza ibyangobwa, basanze hari undi muturage ufite icyangombwa cy’ubutaka bwabo bwose ndetse bunamwanditseho.

Uwitwa Habarugaba James aragira ati “Mu kugurisha kuko natwe twabonaga ko ibyangombwa byacu bikenewe gukosorwa kandi bari bataratangira gukosora, Kairaba Annie agiye kutwishyura avuga ko agiye kubaha 80% by’amafaranga mbasigaremo 20% nzayabaha maze gukosoza, tugiye gukosoza dusanga hari undi wabwiyanditseho.”

Kayiraba Annie waguriye aba baturage ubutaka, avuga ko ari gushaka ubutaka bwe yishyuye abaturage nubwo yabasigayemo 20%, agasaba ko inzego bireba zaza aho ubwo butaka buri hagatangwa umucyo.

Ati “Kuko hari abaturage nasigayemo 20% kugira ngo babanze bakosoze ubutaka bwabo, nanjye kandi ndabukeneye, abafite ubutaka ntibashobora kwerekana ubutaka, turasaba ko baza kudukosorera, tukabona ubutaka bwacu.”

Gahongayire Alvera wanditseho ubu butaka bw’aba baturage, agaragaza ko atari ubwe ahubwo ko ari ubw’umuhungu we. Ati “Ubutaka bufite nyirabwo ntabwo ari ubwanjye ni ubw’umuhungu wanjye.”

Uko ibihe byagiye bisimburana ni ko aba baturage bagiye gusaba ubufasha kugira ngo barenganurwe, ariko biranga biba iby’ubusa.

Aba baturage barasaba ko barenganurwa kuko bakeka ko ubu butaka bwabo burimo amanyanga ku buryo ntagikozwe bakwisanga butwaye n’abandi.

Imyanzuro ya mbere kuri iki kibazo yaturutse mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, igaragaza ko aba baturage bagombaga guhabwa ingano y’ubutaka bwabo, mu gihe bari bategereje ko bishyirwa mu bikorwa haje kuza imyanzuro iyivuguruza ku buryo ibambura ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bandikiye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo ibarenganure, ariko kugeza ubu baracyategereje.

Aba baturage bafite impungenge ko ubutaka bwabo bwabaca mu myanya y’intoki

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 2 =

Previous Post

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Next Post

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burunsiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.