Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gashuri mu Kagari ka Kibagabaga Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baravuga ko bagiye gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bwabo, bagezeyo batungurwa no gusanga bwanditse ku muturage batazi.

Mu mwaka wa 2013 ni bwo umuturage witwa Kairaba Annie yaguriye abaturage batanu ubutaka bungana na Metero kare 2 660 buhereye mu Mudugudu wa Gashuri, Akagari ka Kibagabaga Umurenge Kimironko.

Yaje kubishyura amafranga yabo ariko abasigaramo 20% kugira ngo bazahinduze ibyangombwa by’ubutaka bwabo kuko ibyo bari bafite byagaragazaga ubuso bw’ubutaka buto ugereranyije n’ingano yabwo nyirizina.

Mu mwaka wa 2016 ubwo abaturage bari bagiye guhinduza ibyangobwa, basanze hari undi muturage ufite icyangombwa cy’ubutaka bwabo bwose ndetse bunamwanditseho.

Uwitwa Habarugaba James aragira ati “Mu kugurisha kuko natwe twabonaga ko ibyangombwa byacu bikenewe gukosorwa kandi bari bataratangira gukosora, Kairaba Annie agiye kutwishyura avuga ko agiye kubaha 80% by’amafaranga mbasigaremo 20% nzayabaha maze gukosoza, tugiye gukosoza dusanga hari undi wabwiyanditseho.”

Kayiraba Annie waguriye aba baturage ubutaka, avuga ko ari gushaka ubutaka bwe yishyuye abaturage nubwo yabasigayemo 20%, agasaba ko inzego bireba zaza aho ubwo butaka buri hagatangwa umucyo.

Ati “Kuko hari abaturage nasigayemo 20% kugira ngo babanze bakosoze ubutaka bwabo, nanjye kandi ndabukeneye, abafite ubutaka ntibashobora kwerekana ubutaka, turasaba ko baza kudukosorera, tukabona ubutaka bwacu.”

Gahongayire Alvera wanditseho ubu butaka bw’aba baturage, agaragaza ko atari ubwe ahubwo ko ari ubw’umuhungu we. Ati “Ubutaka bufite nyirabwo ntabwo ari ubwanjye ni ubw’umuhungu wanjye.”

Uko ibihe byagiye bisimburana ni ko aba baturage bagiye gusaba ubufasha kugira ngo barenganurwe, ariko biranga biba iby’ubusa.

Aba baturage barasaba ko barenganurwa kuko bakeka ko ubu butaka bwabo burimo amanyanga ku buryo ntagikozwe bakwisanga butwaye n’abandi.

Imyanzuro ya mbere kuri iki kibazo yaturutse mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, igaragaza ko aba baturage bagombaga guhabwa ingano y’ubutaka bwabo, mu gihe bari bategereje ko bishyirwa mu bikorwa haje kuza imyanzuro iyivuguruza ku buryo ibambura ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bandikiye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo ibarenganure, ariko kugeza ubu baracyategereje.

Aba baturage bafite impungenge ko ubutaka bwabo bwabaca mu myanya y’intoki

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twenty =

Previous Post

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Next Post

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.