• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gashuri mu Kagari ka Kibagabaga Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baravuga ko bagiye gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bwabo, bagezeyo batungurwa no gusanga bwanditse ku muturage batazi.

Mu mwaka wa 2013 ni bwo umuturage witwa Kairaba Annie yaguriye abaturage batanu ubutaka bungana na Metero kare 2 660 buhereye mu Mudugudu wa Gashuri, Akagari ka Kibagabaga Umurenge Kimironko.

Yaje kubishyura amafranga yabo ariko abasigaramo 20% kugira ngo bazahinduze ibyangombwa by’ubutaka bwabo kuko ibyo bari bafite byagaragazaga ubuso bw’ubutaka buto ugereranyije n’ingano yabwo nyirizina.

Mu mwaka wa 2016 ubwo abaturage bari bagiye guhinduza ibyangobwa, basanze hari undi muturage ufite icyangombwa cy’ubutaka bwabo bwose ndetse bunamwanditseho.

Uwitwa Habarugaba James aragira ati “Mu kugurisha kuko natwe twabonaga ko ibyangombwa byacu bikenewe gukosorwa kandi bari bataratangira gukosora, Kairaba Annie agiye kutwishyura avuga ko agiye kubaha 80% by’amafaranga mbasigaremo 20% nzayabaha maze gukosoza, tugiye gukosoza dusanga hari undi wabwiyanditseho.”

Kayiraba Annie waguriye aba baturage ubutaka, avuga ko ari gushaka ubutaka bwe yishyuye abaturage nubwo yabasigayemo 20%, agasaba ko inzego bireba zaza aho ubwo butaka buri hagatangwa umucyo.

Ati “Kuko hari abaturage nasigayemo 20% kugira ngo babanze bakosoze ubutaka bwabo, nanjye kandi ndabukeneye, abafite ubutaka ntibashobora kwerekana ubutaka, turasaba ko baza kudukosorera, tukabona ubutaka bwacu.”

Gahongayire Alvera wanditseho ubu butaka bw’aba baturage, agaragaza ko atari ubwe ahubwo ko ari ubw’umuhungu we. Ati “Ubutaka bufite nyirabwo ntabwo ari ubwanjye ni ubw’umuhungu wanjye.”

Uko ibihe byagiye bisimburana ni ko aba baturage bagiye gusaba ubufasha kugira ngo barenganurwe, ariko biranga biba iby’ubusa.

Aba baturage barasaba ko barenganurwa kuko bakeka ko ubu butaka bwabo burimo amanyanga ku buryo ntagikozwe bakwisanga butwaye n’abandi.

Imyanzuro ya mbere kuri iki kibazo yaturutse mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, igaragaza ko aba baturage bagombaga guhabwa ingano y’ubutaka bwabo, mu gihe bari bategereje ko bishyirwa mu bikorwa haje kuza imyanzuro iyivuguruza ku buryo ibambura ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bandikiye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo ibarenganure, ariko kugeza ubu baracyategereje.

Aba baturage bafite impungenge ko ubutaka bwabo bwabaca mu myanya y’intoki

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Next Post

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.