Wednesday, September 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero
Share on FacebookShare on Twitter

Leta ya Qatar yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatinze kubamanyesha imyiteguro y’igitero Israel yagabye i Doha, kandi ko igiye gufata umwanzuro ku kuba yakwihorera.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko ari we watanze itegeko ryo kujya kurasa abayobozi ba Hamas bari muri Qatar.

Yagize ati “Bari bateraniye ahantu hamwe bishimira ibikorwa by’ubunyamaswa bakoze mu myaka ibiri ishize. Mu ntangiriro y’iyi ntambara nababwiye ko Israel izagera ku muntu wese wakoze icyo cyaha aho yaba ari hose. Uyu munsi Israel nanjye twashyize mu bikorwa iryo sezerano.”

Yakomeje agira ati “Ibihugu byinshi birimo n’ibigendera kuri demokarasi byiyibagije ibyatubayeho ku italiki 7/10. Israel yo ntishobora kwibagirwa. Ntibizabaho.

Yigeze kubaho igihe Abayahudi bicwaga ntihagire ubikurikirana, ariko kuva leta ya Israel yajyaho; icyo gihe cyararangiye. Kuri uyu munsi kimwe no mu yindi yashize; Israel iki gikorwa yagikoze yonyine. Tugomba kubibazwa twenyine. Icyakora iki gikorwa ubu gifunguye amarembo yo kurangiza iyi ntambara.”

Amahanga yahise yamagana icyo gitero cya Israel muri Qatar. Ibihugu nka Arabia Saudite, Iran, u bufaransa, Canada n’abandi; bahise batera hejuru.

Uru ruhande ni narwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yafashe.

Yagize atin “Twumvise ko Israel yagabye igitero kuri Qatar, nyamara icyo Gihugu cyakoraga ibishoboka byose kugira ngo hajyeyo agahenge n’abafashwe bugwate barekurwe. Namaganye iki gitero cyagabwe ku busugire bw’Igihugu cya Qatar. Impande zose zigomba gushyigikira ibyemezo by’agahenge aho kubyangiza.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’umufatanyabikorw ukomeye wa Qatar na Israel; yavuze ko itishimiye igitero cya Isarel ariko ngo intego yacyo irumvikana.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Trump, Karoline Leavitt yaize ati “Umwanzuro w’uruhande rumwe wo kurasa muri Qatar; Igihugu cyigenga kandi kikaba n’inshuti ikomeye ya Leta Zunze Ubumwe za America, kikaba kiri no kudufasha gushaka amahoro; ntabwo bishyigikira intego za Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, ariko kwica abayobozi ba Hamas banakomeje kubyaza umusaruro akaga kugarije abasivile bari muri Gaza; ni intego itagira uko isa.”

Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim bin Jaber Al Thani we avuga ko batigeze bamenyeshwa imyiteguro y’icyo gitero, ku bw’ibyo ngo bagiye gutegura ibikorwa byo kwihorera kuri Israel.

Yagize ati “Igitero cyatangiye saa 3:46 ariko abayobozi ba Amerika bibitumenyesheje 3:56, hari hashize iminota 10 igitera kibaye. Abayobozi ba Amerika bavuga ko batari bazi icyo gitero kandi batigeze banakigiramo uruhare.

Dufite uburenganzira bwo kwihorera. Ibyo Umuyobozi w’Ikirenga arabifataho umwanzuro. Umutekano w’abaturage bacu ni yo nshingano nyamukuru dufite. Ndatekereza ko tugeze igihe cyo gufata umwanzuro. Aka karere kose kagomba kwishyira hamwe tukihorera.”

Umwe mubo isarel yashakaga guhitana, ni Khalil Al Hayya uyobora Hamas. Mu kwezi kwa 7/2025 yahamagariye Ibihugu byose byiganjemo abasilamu guhagarika imibanire na Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seventeen =

Previous Post

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Next Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Related Posts

DRCongo: Gen.Gasita watumye muri Uvira bidogera byarangiye afashe icyemezo

DRCongo: Gen.Gasita watumye muri Uvira bidogera byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
10/09/2025
0

General Olivier Gasita uherutse kugirwa Umuyobozi Wungirije wa Rejiyo ya 33 unashinzwe Ibikorwa bya Gisirikare n’ubutasi muri Uvira, bikazamura intugunda...

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Umutwe wa Hamas watangaje ko abayobozi bakuru bawo barokotse igitero cya Israel yagabye muri Qatar, icyakora yemeza ko cyahitanye bamwe...

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

by radiotv10
09/09/2025
0

Abagize Umuryango w’abiyemeje guharanira gukemura ibibazo by’Igihugu muri DRC, basabye igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) n’abagifasha, kwitandukanya byihuse n’abarwanyi ba Wazalendo...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

by radiotv10
09/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze itangazo ryamaganamo ibikubiye muri raporo ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Uburenganzira bwa muntu ku bibera muri...

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

by radiotv10
09/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, n’ingabo z’u Burundi,...

IZIHERUKA

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa
FOOTBALL

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

10/09/2025
Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

10/09/2025
Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

10/09/2025
Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

10/09/2025
AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

10/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.