Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero
Share on FacebookShare on Twitter

Leta ya Qatar yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatinze kubamanyesha imyiteguro y’igitero Israel yagabye i Doha, kandi ko igiye gufata umwanzuro ku kuba yakwihorera.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko ari we watanze itegeko ryo kujya kurasa abayobozi ba Hamas bari muri Qatar.

Yagize ati “Bari bateraniye ahantu hamwe bishimira ibikorwa by’ubunyamaswa bakoze mu myaka ibiri ishize. Mu ntangiriro y’iyi ntambara nababwiye ko Israel izagera ku muntu wese wakoze icyo cyaha aho yaba ari hose. Uyu munsi Israel nanjye twashyize mu bikorwa iryo sezerano.”

Yakomeje agira ati “Ibihugu byinshi birimo n’ibigendera kuri demokarasi byiyibagije ibyatubayeho ku italiki 7/10. Israel yo ntishobora kwibagirwa. Ntibizabaho.

Yigeze kubaho igihe Abayahudi bicwaga ntihagire ubikurikirana, ariko kuva leta ya Israel yajyaho; icyo gihe cyararangiye. Kuri uyu munsi kimwe no mu yindi yashize; Israel iki gikorwa yagikoze yonyine. Tugomba kubibazwa twenyine. Icyakora iki gikorwa ubu gifunguye amarembo yo kurangiza iyi ntambara.”

Amahanga yahise yamagana icyo gitero cya Israel muri Qatar. Ibihugu nka Arabia Saudite, Iran, u bufaransa, Canada n’abandi; bahise batera hejuru.

Uru ruhande ni narwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yafashe.

Yagize atin “Twumvise ko Israel yagabye igitero kuri Qatar, nyamara icyo Gihugu cyakoraga ibishoboka byose kugira ngo hajyeyo agahenge n’abafashwe bugwate barekurwe. Namaganye iki gitero cyagabwe ku busugire bw’Igihugu cya Qatar. Impande zose zigomba gushyigikira ibyemezo by’agahenge aho kubyangiza.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’umufatanyabikorw ukomeye wa Qatar na Israel; yavuze ko itishimiye igitero cya Isarel ariko ngo intego yacyo irumvikana.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Trump, Karoline Leavitt yaize ati “Umwanzuro w’uruhande rumwe wo kurasa muri Qatar; Igihugu cyigenga kandi kikaba n’inshuti ikomeye ya Leta Zunze Ubumwe za America, kikaba kiri no kudufasha gushaka amahoro; ntabwo bishyigikira intego za Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, ariko kwica abayobozi ba Hamas banakomeje kubyaza umusaruro akaga kugarije abasivile bari muri Gaza; ni intego itagira uko isa.”

Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim bin Jaber Al Thani we avuga ko batigeze bamenyeshwa imyiteguro y’icyo gitero, ku bw’ibyo ngo bagiye gutegura ibikorwa byo kwihorera kuri Israel.

Yagize ati “Igitero cyatangiye saa 3:46 ariko abayobozi ba Amerika bibitumenyesheje 3:56, hari hashize iminota 10 igitera kibaye. Abayobozi ba Amerika bavuga ko batari bazi icyo gitero kandi batigeze banakigiramo uruhare.

Dufite uburenganzira bwo kwihorera. Ibyo Umuyobozi w’Ikirenga arabifataho umwanzuro. Umutekano w’abaturage bacu ni yo nshingano nyamukuru dufite. Ndatekereza ko tugeze igihe cyo gufata umwanzuro. Aka karere kose kagomba kwishyira hamwe tukihorera.”

Umwe mubo isarel yashakaga guhitana, ni Khalil Al Hayya uyobora Hamas. Mu kwezi kwa 7/2025 yahamagariye Ibihugu byose byiganjemo abasilamu guhagarika imibanire na Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eleven =

Previous Post

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Next Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.