Friday, September 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame Charlie Kirk, hanashyirwaho igihembo cy’amadolari ibihumbi 100 USD k’uwatanga amakuru yatuma afatwa.

FBI yashyize hanze ibi bigaragaza uwo mugabo, nyuma yo kohereza abakora iperereza ahantu hagera mu bihumbi birindwi.

Nyuma y’amasaha 24 uriya mugizi wa nabi yivuganye uyu mugabo wari ukomeye ku mahame yo hambere, Ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, bwasabye Abanyamerika kugira uruhare mu kubona uyu mwicanyi.

Uyu wari inkoramutima ya Trump wamufashaga mu kwigarurira imitima y’urubyiruko, ari gufatwa nk’uwahowe guharanira ukuri n’ubwisanzure.

Nyuma y’ubu bugizi bwa nabi bwabereye kuri Kaminuza ya Utah, FBI yashyize hanze amashuho agaragaza umugabo muto muto ugaragara nk’umunyeshuri wambaye imyenda yirabura iriho ibendera rya USA, n’amadarubindi y’umurimbo akumira izuba ndetse n’akagofero yamanuye ngo ahishe mu maso.

Uyu mugabo yambaye inkweto za pantufule zo mu bwoko bwa Converse. Polisi ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyizeho amadolari ibihumbi 100 ku muntu wese watanga amakuru yatuma uyu mugabo afatwa.

Uyu mwicanyi, yagaragaye mu mashusho yashyizwe hanze, azamuka ku gisenge cy’inzu muri metero 180 uvuye aho nyakwigendera yarasiwe. Yarashe isasu rimwe, aho abahanga mu by’imbunda bavuga ko yakoresheje imbunda ikomeye cyane, kandi ifite ikoranabuhanga ridasanzwe rifasha umurashi gupima neza igipimo cy’uraswa, hatabayeho kurasa inshuro nyinshi.

Polisi kandi yatangaje ko yabonye imbunda yakoreshejwe n’uyu mugabo, iri mu gihuru. Ibitangazamakuru byo muri America biravuga ko iyi mbunda yakoreshejwe yatumijwe hanze yo mu bwoko bwa Mauser de calibre 30-06 iri mu bwoko bw’izikoreshwa mu guhiga.

Abari gukora iperereza kandi batangaje ko banabonye aho uyu mugabo yakandagiye ndetse n’ibipimo by’ikiganza cye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Next Post

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

by radiotv10
11/09/2025
0

Hagaragajwe amashusho ya bimwe mu bikorwa bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu by’igisirikare cya DRC, agaragaza bamwe mu basirikare b’iki Gihugu baboshye abo...

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

by radiotv10
11/09/2025
0

Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama yemeje ko iki Gihugu cyakiriye abantu 14 birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America,...

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

by radiotv10
11/09/2025
0

Umuryango MAGA (Make America Great Again) wubakiye ku ntego ya Perezida Donald Trump, urasaba ko Charlie Kirk wari umwe baharanira...

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

by radiotv10
10/09/2025
0

Leta ya Qatar yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatinze kubamanyesha imyiteguro y’igitero Israel yagabye i Doha, kandi ko...

IZIHERUKA

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho
IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

12/09/2025
Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.