Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mpobera twarikingije, kuramo agapfukamunwa nkurebe neza,…-CP Kabera yagaragaje zakongeza kudohoka

radiotv10by radiotv10
16/12/2021
in MU RWANDA
0
Mpobera twarikingije, kuramo agapfukamunwa nkurebe neza,…-CP Kabera yagaragaje zakongeza kudohoka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yagaragaje ko hari imvugo ziri kugarukwaho muri iyi minsi zikomeje gutuma abantu badohoka ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

CP John Bosco Kabera yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021 mu kiganiro Minisiteri zinyuranye n’Inzego za Leta zagiranye n’Itangazamakuru cyagarukaga kuri bimwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku ya 14 Ukuboza yafatiwemo ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

CP John Bosco Kabera yatangaje ko ikimaze kugaragara ari uko abantu bakomeje kudohoka ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo gikomeje kwihinduranya.

Uku kudohoka kugaragazwa n’imibare y’abafatirwa barenze ku mabwiriza kuko kuva tariki 05 kugeza 14 z’uku kwezi k’Ukuboza, Polisi yafashe 59 295 batari bambaye udupfukamunwa, hafatwa 7 089 barengeje amasaha yemewe gukoreramo ingendo, hafatwa abantu 1 081 banyweraga inzoga mu tubari tutemerewe gukora.

CP Kabera ati “Ibi rero bikaba bias n’aho bihuye n’imvugo abantu benshi barimo gukoresha numva ko bakwiye kureka cyane cyane ko zirushaho gusa n’aho zica abantu intege bakadohoka. Hariho abakoresha imvugo ngo ‘mbere ya COVID’ nk’aho COVID-19 yarangiye, ‘Mpobera twarikingije cyangwa se twipimishije’, ‘Kuramo agapfukamunwa nkurebe neza’, ‘wambaye neza ariko ni uko wambaye agapfukamunwa’, ‘nta myaka 100’ n’ubu biracyagaruka.”

CP John Bosco Kabera avuga ko imvugo nk’izi abantu bazinjiranye mu minsi mikuru zishobora guteza ibibazo bikomeye mu gukwirakwiza COVID-19.”

Ati “Ndagira ngo nsabe Abanyarwanda basubize amaso inyuma bibuke ibyemezo byafashwe tariki 18 Mutarama uyu mwaka turi gusoza. Ibyo byemezo byose byafashwe hakurikijwe ibitaragenze neza.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kunenga imyitwarire ya za Hoteli za Restaurants n’ahakirirwa abantu benshi, bikomeje kudohoka bikagaragazwa no kuba batagipima umuriro abahagana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 16 =

Previous Post

Ni urukundo cyangwa?: Umukobwa w’imyaka 26 yasezeranye n’umusaza umurusha imyaka 44

Next Post

Bugesera: Umugore wabujijwe kwiyahura yivugira ko yishinja kwanduza SIDA umugabo we kandi ari intungane

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera: Umugore wabujijwe kwiyahura yivugira ko yishinja kwanduza SIDA umugabo we kandi ari intungane

Bugesera: Umugore wabujijwe kwiyahura yivugira ko yishinja kwanduza SIDA umugabo we kandi ari intungane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.