• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul ari mu Misiri mu ruzinduko yakiriwemo na mugenzi we Abdel Fattah Al-Sisi of Egypt, banagiranye ibiganiro byo mu muhezo.

Uru ruzinduko rwa Perezida Paul Kagame arugize nyuma y’urw’iminsi itatu aherutse kugirira muri Azerbaijan, yari yatangiye tariki 19 Nzeri 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nzeri, byatangaje ko “Perezida Kagame yageze mu Misiri mu ruzinduko rw’akazi mu Misiri.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yakomeje ivuga ko Umukuru w’Igihugu “yakiriwe na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri muri Al-Ittihadiya Palace, aho Abakuru b’Ibihugu bombi bagiranye ibiganiro byo mu muhezo (tête-à-tête) mbere yuko bayobora Ibiganiro by’amatsinda y’intumwa zabo.”

Igihugu cy’u Rwanda n’icya Misiri, bisanganywe umubano n’imikoranire myiza, bishingiye ku masezerano y’ubufatanye n’imikoranire byasinyanye, arimo ayashyizweho umukono muri Kanama 2024 nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida Kagame arahiriye kuyobora u Rwanda. Aya masezerano ni ayo guteza imbere ubucuruzi, ubwikorezi, n’ubuzima.

U Rwanda na Misiri kandi bisanganywe imikoranire mu bya Gisirikare, aho tariki 01 Kamena uyu mwaka wa 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Lt Gen Ahmed Fathi Ibrahim Khalifa, yagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi itatu.

Muri urwo ruzinduko kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, n’uw’iz’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, banasinyanye amasezerano agamije guteza imbere imikoranire hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi buryo burambye.

Perezida Kagame yakiriwe na Abdel Fattah Al-Sisi
Bagiranye ibiganiro byo mu muhezo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Next Post

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.