Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje uko u Rwanda rwabyitwaramo rwongeye gusabwa guha inzira abacancuro bafatirwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaragaje uko u Rwanda rwabyitwaramo rwongeye gusabwa guha inzira abacancuro bafatirwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko yizeye ko u Rwanda rutazongera gusabwa guha inzira abacancuro mu gihe bafatirwa muri DRC nk’uko byagenze muri Mutarama, kuko ibyabaye nta somo ryatanze dore ko ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwakomeje gukoresha aba barwanyi.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ubwo yasubizaga ubutumwa bwa Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango wagaragaje ko iki Gihugu cyakomeje gukoresha abacancuro.

Mu butumwa uyu Munyapolitiki wo muri Congo yanyujije kuri X, yanditseho “Black Water” izina rimenyerewe ku mutwe w’Abanyamerika w’abarwanyi b’abacancuro.

Amb. Nduhungirehe atanga igitekerezo ku butumwa bw’uyu munyapolitiki wo muri Congo, yagize ati “Muri DRC ni ho honyine Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu ashobora kwirata ibigwi byo gukoresha abacancuro mu Gihugu cye kandi bihabanye n’Itegeko Mpuzamahanga byumwihariko irya 1977 OAU/AU Convention [amasezerano y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe] na 1989 UN Convention [amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye].”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje ubutumwa bwe yibutsa ko ubwo abacancuro bariho bafatanya na FARDC bakorwaga n’isoni bagakubitwa inshuro na M23 i Goma muri Mutarama uyu mwaka, bahawe inzira bakanyura mu Rwanda bataha iwabo.

Yakomeje avuga ko nk’aho ibyo bitari bihagije ngo bitange isomo, “Guverinoma ya DRC ubu yongeye guha akazi abacancuro b’Abanya-Colombia binyuze muri “Blackwater”, Kompanyi y’Abanyamerika ya Erik Prince.”

Yavuze kandi ko ibi binahabanye n’amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’amahame yasinywe hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 i Doha muri Qatar.

Asoza agira ati “Ariko nizeye ko u Rwanda rutazongera gusabwa korohereza icyurwa cy’irindi tsinda ry’abacancuro.”

Mu mpera za Mutarama ubwo Ihuriro AFC/M23 ryafataga umujyi wa Goma, mu bo ryakubise inshuro harimo abacancuro b’Abanyaburayi bari bariyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo ngo bajye gufasha FARDC, aho abakabakaba 300 bari bamanitse amaboko, bacyuwe mu Gihugu cyabo banyujijwe mu Rwanda.

Bamwe muri abo bacancuro ubwo bari mu rugendo rubacyura iwabo i Burayi, bavuze ko na bo barwanyaga AFC/M23 batazi impamvu muzi y’icyo iri Huriro ry’Abanyekongo barwanira, ariko ko iyo baza kuyimenya batari bakwiye kwishora muri ruriya rugamba.

U Rwanda rwafashije bariya bacancuro gutaha iwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Rusizi: Hasobanuwe ibyo kutita ku bikoresho bya Leta n’umwanda mu kigo cy’ishuri byaregewe meya bikamutera uburakari

Next Post

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Related Posts

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

by radiotv10
02/10/2025
0

“…Ariko ahari nashonje…” Ni imwe mu mvugo ziri kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda muri iyi minsi, bamwe...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe ko mu Karere ka Nyagatare n’ushinzwe Umutekano muri ako Kagari, Dosiye y’ikirego baregwamo kwakira ruswa y’ibihumbi...

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

by radiotv10
02/10/2025
0

Abagabo babiri barimo bateka kanyanga mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baturikanywe n’iki kiyobyabwenge, umwe ahasiga ubuzima, undi...

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

IZIHERUKA

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora
IBYAMAMARE

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

by radiotv10
02/10/2025
0

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

02/10/2025
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

02/10/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

02/10/2025
Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

02/10/2025
Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

02/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba 'Blackwater' bongeye kwiyambazwa na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.