Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje uko u Rwanda rwabyitwaramo rwongeye gusabwa guha inzira abacancuro bafatirwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaragaje uko u Rwanda rwabyitwaramo rwongeye gusabwa guha inzira abacancuro bafatirwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko yizeye ko u Rwanda rutazongera gusabwa guha inzira abacancuro mu gihe bafatirwa muri DRC nk’uko byagenze muri Mutarama, kuko ibyabaye nta somo ryatanze dore ko ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwakomeje gukoresha aba barwanyi.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ubwo yasubizaga ubutumwa bwa Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango wagaragaje ko iki Gihugu cyakomeje gukoresha abacancuro.

Mu butumwa uyu Munyapolitiki wo muri Congo yanyujije kuri X, yanditseho “Black Water” izina rimenyerewe ku mutwe w’Abanyamerika w’abarwanyi b’abacancuro.

Amb. Nduhungirehe atanga igitekerezo ku butumwa bw’uyu munyapolitiki wo muri Congo, yagize ati “Muri DRC ni ho honyine Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu ashobora kwirata ibigwi byo gukoresha abacancuro mu Gihugu cye kandi bihabanye n’Itegeko Mpuzamahanga byumwihariko irya 1977 OAU/AU Convention [amasezerano y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe] na 1989 UN Convention [amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye].”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje ubutumwa bwe yibutsa ko ubwo abacancuro bariho bafatanya na FARDC bakorwaga n’isoni bagakubitwa inshuro na M23 i Goma muri Mutarama uyu mwaka, bahawe inzira bakanyura mu Rwanda bataha iwabo.

Yakomeje avuga ko nk’aho ibyo bitari bihagije ngo bitange isomo, “Guverinoma ya DRC ubu yongeye guha akazi abacancuro b’Abanya-Colombia binyuze muri “Blackwater”, Kompanyi y’Abanyamerika ya Erik Prince.”

Yavuze kandi ko ibi binahabanye n’amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’amahame yasinywe hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 i Doha muri Qatar.

Asoza agira ati “Ariko nizeye ko u Rwanda rutazongera gusabwa korohereza icyurwa cy’irindi tsinda ry’abacancuro.”

Mu mpera za Mutarama ubwo Ihuriro AFC/M23 ryafataga umujyi wa Goma, mu bo ryakubise inshuro harimo abacancuro b’Abanyaburayi bari bariyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo ngo bajye gufasha FARDC, aho abakabakaba 300 bari bamanitse amaboko, bacyuwe mu Gihugu cyabo banyujijwe mu Rwanda.

Bamwe muri abo bacancuro ubwo bari mu rugendo rubacyura iwabo i Burayi, bavuze ko na bo barwanyaga AFC/M23 batazi impamvu muzi y’icyo iri Huriro ry’Abanyekongo barwanira, ariko ko iyo baza kuyimenya batari bakwiye kwishora muri ruriya rugamba.

U Rwanda rwafashije bariya bacancuro gutaha iwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Rusizi: Hasobanuwe ibyo kutita ku bikoresho bya Leta n’umwanda mu kigo cy’ishuri byaregewe meya bikamutera uburakari

Next Post

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba 'Blackwater' bongeye kwiyambazwa na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.