• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje uko u Rwanda rwabyitwaramo rwongeye gusabwa guha inzira abacancuro bafatirwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaragaje uko u Rwanda rwabyitwaramo rwongeye gusabwa guha inzira abacancuro bafatirwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko yizeye ko u Rwanda rutazongera gusabwa guha inzira abacancuro mu gihe bafatirwa muri DRC nk’uko byagenze muri Mutarama, kuko ibyabaye nta somo ryatanze dore ko ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwakomeje gukoresha aba barwanyi.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ubwo yasubizaga ubutumwa bwa Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango wagaragaje ko iki Gihugu cyakomeje gukoresha abacancuro.

Mu butumwa uyu Munyapolitiki wo muri Congo yanyujije kuri X, yanditseho “Black Water” izina rimenyerewe ku mutwe w’Abanyamerika w’abarwanyi b’abacancuro.

Amb. Nduhungirehe atanga igitekerezo ku butumwa bw’uyu munyapolitiki wo muri Congo, yagize ati “Muri DRC ni ho honyine Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu ashobora kwirata ibigwi byo gukoresha abacancuro mu Gihugu cye kandi bihabanye n’Itegeko Mpuzamahanga byumwihariko irya 1977 OAU/AU Convention [amasezerano y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe] na 1989 UN Convention [amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye].”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje ubutumwa bwe yibutsa ko ubwo abacancuro bariho bafatanya na FARDC bakorwaga n’isoni bagakubitwa inshuro na M23 i Goma muri Mutarama uyu mwaka, bahawe inzira bakanyura mu Rwanda bataha iwabo.

Yakomeje avuga ko nk’aho ibyo bitari bihagije ngo bitange isomo, “Guverinoma ya DRC ubu yongeye guha akazi abacancuro b’Abanya-Colombia binyuze muri “Blackwater”, Kompanyi y’Abanyamerika ya Erik Prince.”

Yavuze kandi ko ibi binahabanye n’amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’amahame yasinywe hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 i Doha muri Qatar.

Asoza agira ati “Ariko nizeye ko u Rwanda rutazongera gusabwa korohereza icyurwa cy’irindi tsinda ry’abacancuro.”

Mu mpera za Mutarama ubwo Ihuriro AFC/M23 ryafataga umujyi wa Goma, mu bo ryakubise inshuro harimo abacancuro b’Abanyaburayi bari bariyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo ngo bajye gufasha FARDC, aho abakabakaba 300 bari bamanitse amaboko, bacyuwe mu Gihugu cyabo banyujijwe mu Rwanda.

Bamwe muri abo bacancuro ubwo bari mu rugendo rubacyura iwabo i Burayi, bavuze ko na bo barwanyaga AFC/M23 batazi impamvu muzi y’icyo iri Huriro ry’Abanyekongo barwanira, ariko ko iyo baza kuyimenya batari bakwiye kwishora muri ruriya rugamba.

U Rwanda rwafashije bariya bacancuro gutaha iwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − two =

Previous Post

Rusizi: Hasobanuwe ibyo kutita ku bikoresho bya Leta n’umwanda mu kigo cy’ishuri byaregewe meya bikamutera uburakari

Next Post

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba 'Blackwater' bongeye kwiyambazwa na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.