Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Christian Ninteretse ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, agira ati “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe neza.”

Uyu muhanzi asanzwe anafite izina rikomeye mu Burundi, dore ko yanegukanye igihembo cya cya Primusic mu mwaka 2014 kiri mu bihembo bikomeye bitangwa muri kiriya Gihugu.

Nubwo uyu muhanzi yari afite izina rikomeye iwabo mu Burundi, yahunze iki Gihugu kubera ibibazo bya politiki byahabaye, ahungira mu Rwanda, ari na ho aba ubu n’umuryango we.

Uyu muhanzi yagaragaje ko yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, aho yasangije abantu ibyiyumviro bye, nyuma yo kuba ubu ari umwe mu bagize Umuryango Mugari w’Abanyarwanda.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Christian Ninteretse yagize ati “Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe neza” Rwanda nziza ndagushimiye kw’iteka unteye ryo kuba Umunyarwanda wuzuye kandi nzabiharanira cane! Ntewe ishema no kuba Umunyarwanda wuzuye.”

Uyu muhanzi ahawe ubwenegihugu nyuma y’amezi atandatu undi musitari ukomoka mu Burundi, ari we Iradukunda Grace Divine wamamaye nka DJ Ira abuhawe, nyuma yuko muri Werurwe yari yabusabye Perezida Paul Kagame mu kiganiro yari yagiranye n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Umuhanzi Christian Ninteretse na we wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, ni umwe mu bagize uruhare mu gusakaza ubutumwa bw’amahoro binyuze mu ndirimbo yitwa ‘Amahaoro’ yamamaye cyane mu Burundi mu myaka yatambutse by’umwihariko muri cya 2015.

Ni indirimbo yahuriwemo n’abahanzi banyuranye barimo Natacha, R Flow, Eddy Kamoso, Channelle, Rally Joe,Bosco, na Vichou.

Nyuma yuko ahungiye mu Rwanda, uyu muhanzi yahakomereje ibikorwa bye bya Muzika aho yamamaye cyane mu gutaramira abantu mu birori bitandukanye.

Christian Ninteretse yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Next Post

How to restart your life when you feel left behind

Related Posts

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

by radiotv10
01/10/2025
0

Usengimana Danny wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no muri Afurika, wanabaye rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yabatirijwe muri Canada aho asigaye...

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

by radiotv10
24/09/2025
0

Umuhanzikazi Angel Mutoni yongewe mu bahanzi bazataramira abazitabira igitaramo ‘World Champs Night Life’ kizaherekeza Shampiyona y’Isi y’amagare, cyanatumiwemo abahanzi bakomeye...

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

by radiotv10
23/09/2025
0

Mu mashusho n’amafoto, Umunyamerika Adonis Jovon Filer uherutse gukorana ibirori by’ubukwe na Kathia Uwase Kamali uzwi muri Mackenzies akaba n’umuvandimwe...

Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada

Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada

by radiotv10
23/09/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol agiye kuzuza icyumweru ari kubarizwa muri Canada, ndetse amakuru ava mu baziranye na we akaba yemeza ko...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

02/10/2025
Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

02/10/2025
How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

02/10/2025
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.