Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Uwitonze Sonia Rolland wabaye Miss w’u Bufaransa muri 2000, ukomoka mu Rwanda, akaba asanzwe ari n’umukinnyikazi wa Filimi, aherutse gukorana ubukwe na Guillaume Gabriel na we ukomeye i Burayi mu gukina filimi, mu bukwe bwabaye mu kwezi gushize, ndetse bwanagaragarijwe amafoto yabwo.

Ni ubukwe bwo gusezerana mu rusengero, byabereye muri kiliziya yitiriwe Mutagatifu Yakobo, Saint-Jacques d’Illiers-Combray.

Nyuma y’uku gusezerana byabaye tariki 21 Nzeri 2025, bucyeye bwaho ku ya 20 Nzeri, hanabaye ibiriro by’ubukwe bwa gakondo, byagaragaye mu muco nyarwanda, dore ko uyu mugore ukomoka mu Rwanda yari anambaye Kinyarwanda.

Ubu bukwe kandi bwanatashywe n’abakobwa na Sonia Rolland; Tess na Kahin bagaragaje ibyishimo by’ubukwe bw’umubyeyi wabo warushinganye na Guillaume Gabriel.

Amafoto dukesha ikinyamakuru ‘Paris Match’, agaragaza Sonia na Guillaume bakoze ubukwe, bagaragaza akanyamuneza kadasanzwe.

Ubukwe bwabo bubaye hyuma y’amezi macye, aba bombi banasuye u Rwanda, dore ko muri Mutarama uyu mwaka, bari mu Rwanda bakanasura ibikorwa binyuranye, birimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

Sonia avuga ko urukundo rwe na Guillaume rwafashe igihe kinini dore ko bamaranye imyaka 20 bari mu munyenga w’urukundo, kandi ko nta muntu yabonye uzwi kwihangana no gutegereza nk’umugabo we.

Yagize ati “Buri umwe yahoraga akurura undi amwishimira ariko twari tutari twabona umwanya mwiza. Ubusanzwe abagabo ntibakunze kugira imbaraga zo kwihangana, ariko byarangiye mwemereye.”

Sonia Rolland wagarutse ku mateka y’urukundo rwabo, yavuze uko bamenyanye, bagahurira muri resitora, akamwaka nimero ya telefone, akaza kumugaragariza urukundo anamushyikiriza indabo zitagira uko zisa.

Sonia Rolland n’umugabo we ubwo bakoraga ubukwe
Habaye n’imihango ya kinyarwanda

Ubukwe bwe kandi bwanitabiriwe n’abakobwa be babiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Next Post

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.