Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA
0
Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu manegeka mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba yigeze kwibasirwa n’ibiza muri 2023 byahitanye abarenga 100 mu Rwanda barimo 29 bo muri aka Karere, baravuga ko bafite impungenge ko imvura nyinshi yatangiye kugwa ishobora kubagiraho ingaruka.

Abavuga ibi biganjemo abatuye mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Mushubati ukunze kwibasirwa n’ibiza, ndetse byanasize ingaruka zikomeye muri Gicurasi 2023 ubwo biriya biza byabaga, dore ko abahasize ubuzima bagera muri 29.

Abari bagiye gucumbikirwa mu bigo by’amashuri muri kiriya gihe bakaza no gukodesherezwa amacumbi mu gihe cy’amezi, baje gusubira mu ngo zabo, ariko ubu ubwoba ni bwose ko imvura iri kugwa ishobora kongera kubagiraho ingaruka, kandi kaba badashobora kubona uko bahimuka.

Bimenyimana Patrick yagize ati “Twebwe nta bushobozi dufite bwo kuba twakwivana hano hantu, urabona ko kuba tugeze mu gihe cy’imvura byanze bikunze dufite ubwoba ko ibiza bizongera kutugiraho ingaruka.”

Habanabashaka Emmanuel na we yagize ati “Nk’ubu iyo imvura iguye duhita tubyutsa abana tukarara duhagaze twikanga ko yatugwaho. Urumva noneho aho imvura iri kugwira ntiwasinzira kuko uba wumva isaha ku isaha inzu yakugwaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Kayitesi Dative avuga ko abatuye mu manegeka batishoboye babaye babakodeshereje batiyumvisha uburyo aba baturage baba barasubiye aho bababujije.

Yagize ati “Ubu mu Karere kacu turi gukodeshereza abaturage barenga 400. Abatishoboye bose batuye mu manegeka twarabakodeshereje ndetse ubu turi no kububakira aho tuzabimurira, urugero nko mu Murenge wa Mushubati turi kubakayo inzu zirenga 180.”

Kugeza ubu mu Karere ka Rutsiro hari kubakwa inzu zigera muri 434 zizatuzwamo abatishoboye batuye mu manegeka, mu gihe muri uyu Murenge wa Mushubati wonyine hari kubakwamo inzu 187.

Aba baturage bavuga ko bari mu manegeka ariko ubwoba ni bwose
Bamwe bafite n’inzu zashaje cyane

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + six =

Previous Post

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

Next Post

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Related Posts

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

by radiotv10
10/10/2025
0

Inzu y’umuryango wo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Cicumbi, yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari baryamye, bamwe bagashya ariko...

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by radiotv10
10/10/2025
0

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo...

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

by radiotv10
10/10/2025
0

On October 9, President Paul Kagame held talks with the President of the European Union Commission, Ursula von der Leyern,...

IZIHERUKA

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?
IMYIDAGADURO

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

10/10/2025
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.