• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye mu rugo kubera kubura ubushobozi bwo kujya kwivuza ibihaha, ubu akaba yarakize nyuma yo kujya kuvurirwa muri CHUK.

Uyu mubyeyi witwa Niyigena Leonile wo mu Mudugudu w’Icyiri mu Kagari ka Cyarwanda mu Murenge wa Tumba, muri Nyakanga (07) uyu mwaka, yari yabwiye RADIOTV10 ko uburwayi bw’ibihaha bumurembeje kandi akaba yarabuze ubushobozi bwo kwivuza.

Uyu mubyeyi wavugaga ko Ibitaro Bikuru bya Kaminuza CHUB byari byamwohereje kujya kwivuriza mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ariko abura ubushobozi, afata icyemezo cyo kuguma mu rugo, nubwo yabonaga biri gutuma asatira urupfu.

Avuga ko nyuma yo gukorerwa ubuvugizi n’iki gitangazamakuru, yoherejwe kuvurirwa muri CHUK ndetse ubu akaba yarakize neza, n’imbaraga zikaba zaragarutse.

Ati “Ku bufasha bw’ubuvugizi ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, ku bufasha bwihuse bwo kubona ubuvuzi. Nari maze kwiheba kubera uburwayi bwanjye, ariko ubu ndi kwiyongera, ndumva neza kandi nshoboye gukora imirimo yanjye ya buri munsi. Ntabwo nari kubona ubuvuzi nta bufasha bwanyu.”

Uyu mubyeyi avuga ko yari yaramaze kwiheba kubera uburwayi bwe yabonaga ko atazakira, ariko  nyuma y’ubuvugizi akorewe, Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwahise bumufasha ajya kwivuza arakira.

Abaturanyi n’umuryango we bagaragaje ko bishimiye cyane ko uyu mubyeyi yabashije kubona ubuvuzi

Umwe ati “Kuba yarafashijwe ni iby’agaciro. Twishimiye ko itangazamakuru ryadufashije kubona ubufasha. Nk’umuryango utishoboye, kubona uko  yivuza byadushimishije cyane kuko  nta bushobozi uyu muryango ufite bwo kuba yari kwivuza, none ubu ameze neza yarakize.”

Uyu muryango wari uherutse gutabaza
Niyigena Leonile ubu arabasha gukora uturimo two mu rugo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 17 =

Previous Post

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Next Post

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.