Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye mu rugo kubera kubura ubushobozi bwo kujya kwivuza ibihaha, ubu akaba yarakize nyuma yo kujya kuvurirwa muri CHUK.

Uyu mubyeyi witwa Niyigena Leonile wo mu Mudugudu w’Icyiri mu Kagari ka Cyarwanda mu Murenge wa Tumba, muri Nyakanga (07) uyu mwaka, yari yabwiye RADIOTV10 ko uburwayi bw’ibihaha bumurembeje kandi akaba yarabuze ubushobozi bwo kwivuza.

Uyu mubyeyi wavugaga ko Ibitaro Bikuru bya Kaminuza CHUB byari byamwohereje kujya kwivuriza mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ariko abura ubushobozi, afata icyemezo cyo kuguma mu rugo, nubwo yabonaga biri gutuma asatira urupfu.

Avuga ko nyuma yo gukorerwa ubuvugizi n’iki gitangazamakuru, yoherejwe kuvurirwa muri CHUK ndetse ubu akaba yarakize neza, n’imbaraga zikaba zaragarutse.

Ati “Ku bufasha bw’ubuvugizi ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, ku bufasha bwihuse bwo kubona ubuvuzi. Nari maze kwiheba kubera uburwayi bwanjye, ariko ubu ndi kwiyongera, ndumva neza kandi nshoboye gukora imirimo yanjye ya buri munsi. Ntabwo nari kubona ubuvuzi nta bufasha bwanyu.”

Uyu mubyeyi avuga ko yari yaramaze kwiheba kubera uburwayi bwe yabonaga ko atazakira, ariko  nyuma y’ubuvugizi akorewe, Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwahise bumufasha ajya kwivuza arakira.

Abaturanyi n’umuryango we bagaragaje ko bishimiye cyane ko uyu mubyeyi yabashije kubona ubuvuzi

Umwe ati “Kuba yarafashijwe ni iby’agaciro. Twishimiye ko itangazamakuru ryadufashije kubona ubufasha. Nk’umuryango utishoboye, kubona uko  yivuza byadushimishije cyane kuko  nta bushobozi uyu muryango ufite bwo kuba yari kwivuza, none ubu ameze neza yarakize.”

Uyu muryango wari uherutse gutabaza
Niyigena Leonile ubu arabasha gukora uturimo two mu rugo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Next Post

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.