Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa by’ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba kugurishwa ku giciro cyo hasi.

Uyu muryango ufatanyije n’indi nka Familles Rurales na Secours Catholique, watangije ubukangurambaga kuri iki cyifuzo cyawo aho by’umwihariko wibukije Abaturage bo mu Bufaransa gukurikiza inama za Gahunda y’Igihugu y’Imirire n’Ubuzima (PNNS) bitaba ibyo bikaba byatera ingaruka.

Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango mu Bufaransa, Karine Jacquemart, yanenze inzego za Leta zikunze gushishikariza abantu kurya ibiribwa byagirira akamaro umubiri wabo nk’imbuto, imboga, ibinyamisogwe, n’amafi, ariko ntizigire icyo zikora ngo ibi biribwa bibashe kwigonderwa na buri wese kuko bihenze, aho yagize ati “kurya neza ntibikwiye kuba bihanitse.”

Yasabye abayobozi b’inzego za Leta zo muri kiriya Gihugu, zirebwa n’ibijyanye n’ibiciro, nka Minisitiri w’Ubukungu n’uw’Ubucuruzi, gushyiraho politiki zituma abacuruzi bacuruza ibicuruzwa by’ingenzi ku giciro gito, mu bice byose by’Igihugu, anasaba kandi ko n’amahanga akwiye kubigenza uko.

Bimwe mu biribwa byagaragajwe ku rutonde rw’ibigomba gushakirwa uburyo byaboneka ku biciro byo hasi, imbuto n’imboga, ibinyampeke, amakaroni, ifu, amagi, ibikomoka ku mata, amafi, ndetse n’ibintu by’ingenzi mu guteka mu rugo nk’amavuta, isukari, n’ibirungo.

Foodwatch itangaza kandi ko ubu bukangurambaga bugamije kugaragaza icyuho kiri mu biribwa by’ingenzi, bikwiye kuboneka ku masoko.

Uyu muryango wanasabye ko abakora mu nzego zituma ibiribwa biboneka, bakwiye koroherezwa, yaba abahinzi n’aborozi, kimwe n’inganda zitunganya umusaruro wabo, bityo bikaba byagira uruhare mu gutuma ibiribwa biboneka byoroshye.

Uyu muryango usaba ko uburenganzira bwo kwihaza mu biribwa bitanga indyo yuzuye,  bukwiye kuba itegeko aho kuba amahitamo nk’uko bimeze ubu, kuko bibasha kugurwa n’abafite uko bahagaze ku mufuka, kandi Leta ihora ivuga ko ubuzima bwiza ari ubwa bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.