• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa by’ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba kugurishwa ku giciro cyo hasi.

Uyu muryango ufatanyije n’indi nka Familles Rurales na Secours Catholique, watangije ubukangurambaga kuri iki cyifuzo cyawo aho by’umwihariko wibukije Abaturage bo mu Bufaransa gukurikiza inama za Gahunda y’Igihugu y’Imirire n’Ubuzima (PNNS) bitaba ibyo bikaba byatera ingaruka.

Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango mu Bufaransa, Karine Jacquemart, yanenze inzego za Leta zikunze gushishikariza abantu kurya ibiribwa byagirira akamaro umubiri wabo nk’imbuto, imboga, ibinyamisogwe, n’amafi, ariko ntizigire icyo zikora ngo ibi biribwa bibashe kwigonderwa na buri wese kuko bihenze, aho yagize ati “kurya neza ntibikwiye kuba bihanitse.”

Yasabye abayobozi b’inzego za Leta zo muri kiriya Gihugu, zirebwa n’ibijyanye n’ibiciro, nka Minisitiri w’Ubukungu n’uw’Ubucuruzi, gushyiraho politiki zituma abacuruzi bacuruza ibicuruzwa by’ingenzi ku giciro gito, mu bice byose by’Igihugu, anasaba kandi ko n’amahanga akwiye kubigenza uko.

Bimwe mu biribwa byagaragajwe ku rutonde rw’ibigomba gushakirwa uburyo byaboneka ku biciro byo hasi, imbuto n’imboga, ibinyampeke, amakaroni, ifu, amagi, ibikomoka ku mata, amafi, ndetse n’ibintu by’ingenzi mu guteka mu rugo nk’amavuta, isukari, n’ibirungo.

Foodwatch itangaza kandi ko ubu bukangurambaga bugamije kugaragaza icyuho kiri mu biribwa by’ingenzi, bikwiye kuboneka ku masoko.

Uyu muryango wanasabye ko abakora mu nzego zituma ibiribwa biboneka, bakwiye koroherezwa, yaba abahinzi n’aborozi, kimwe n’inganda zitunganya umusaruro wabo, bityo bikaba byagira uruhare mu gutuma ibiribwa biboneka byoroshye.

Uyu muryango usaba ko uburenganzira bwo kwihaza mu biribwa bitanga indyo yuzuye,  bukwiye kuba itegeko aho kuba amahitamo nk’uko bimeze ubu, kuko bibasha kugurwa n’abafite uko bahagaze ku mufuka, kandi Leta ihora ivuga ko ubuzima bwiza ari ubwa bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.