Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/11/2025
in AMAHANGA
0
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa Diyoseze ya Goma uherutse kwitaba Imana ari mu kiruhuko cy’izabukuru, wanitabiriwe na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyundo mu Rwanda, Anaclet Mwumvaneza.

Amakuru dukesha Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka yatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Ugushyingo, avuga ko mu gusezera kuri uyu wabaye Musenyeri wa Diyoseze ya Goma, witabiriwe n’abayobozi b’iri Huriro.

Yavuze ko “Kuba Umuhuzabikorwa mu bya politiki AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, n’umwungirije, Bertrand Bisimwa, bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu, bifite igisobanuro cyihariye. Uretse ibijyanye na politiki, binashimangira icyubahiro n’akamaro k’uyu mushumba.”

Kanyuka yakomeje avuga ko muri uyu muhango aba bayobozi ba AFC/M23 bifatanyijemo n’abaturage, hongeye kugarukwa ku murage n’ibigwi byaranze musenyeri Faustin Ngabu wagendeye kure amacakubiri, ahubwo akarangwa no guhuza abantu.

Mu mafoto yagaragajwe na Kanyuka kandi, arimo igaragaza Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa aramukanya na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza wa Diyoseze Gatulika ya Nyundo mu Rwanda.

Iyi Diyoseze Gatulika ya Nyundo, ihana imbiri n’iyi ya Goma yigeze kuyoborwa na nyakwigendera Musenyeri Faustin Ngabu wari uri mu kiruhuko cy’izabukuru.

Nyakwigendera Musenyeri Faustin Ngabu wari mu Kiruhuko cy’izabukur, yitabye Imana tariki 26 Ukwakira 2025 muri hôpital Charité maternelle, urupfu rwanashenguye iri Huriro AFC/M23 ryahise rishyira hanze itangazo rigaragaza akababaro karyo.

Corneille Nangaa na Bertrand Bisimwa bitabiriye uyu muhango
Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 asezera bwa nyuma kuri Musenyeri Faustin Ngabu
Corneille Nangaa aramukanya na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 20 =

Previous Post

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Next Post

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.