Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari zigitanga umusaruro ufatika, none bakaba batangiye kuzisazura, bakaba babyitezemo kongera amafaranga bakuramo.

Abaturage bo mu Kagari ka Murangara, Umurenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, babwiye umunyamakuru ko ibiti by’ikawa zabo byari bimaze gusaza ku buryo bugaragara, dore ko ngo byari bimaze imyaka irenga 40 bitarasazurwa.

Ndorayabo Pascal “Namenye ubwenge mbona izi kawa ziteye kandi maze kugira imyaka 45, urumva ko nazo zigeze mu myaka 45! Ubwo rero ntabwo zari zicyera kuko zishaje, niyo uyiranduye ubona ko n’imizi yumye ku buryo itakivoma amazi.”

Mukamusoni Pauline ati “Ubu turi kuzirimbura ngo dutere izindi zera, naho izi zirashaje kandi izo tugiye gutera zera vuba.”

Ndutiye Seth ati “Kubera gusaza, zari zarabaye nk’ibisambo kubera ko zarwaraga n’udusimba cyane.”

Uku gusaza kw’ibi biti bya kawa kandi ngo kwagize ingaruka zikomeye ku musaruro wayo muri aka gace nk’uko Havugimana Martin, ushinzwe ubuhinzi, umutungo kamere n’ibidukikije mu murenge wa Mubuga, abisobanura.

Agronome Havugimana ati “Ubundi umusaruro wo muri 2022 ku biti bishyashya habonekaga hagati y’ibiro 8 na 12 mu gihe ibishaje byatangaga hagati ya 1.5 n’ibiro 3 gusa.”

Cyakora Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iyohereza mu Mahanga ry’Ikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB), Bwana Bizimana Claude, na we agaragaza ko mu myaka ibiri ishize, umusaruro wa kawa wagiye ugabanyuka bidaturutse gusa ku biti bishaje, ariko ko kubisazura byahawe umwihariko mu rwego rwo kongera umusaruro wa kawa.

DG NAEB Bizimana Claude ati “Kugabanuka k’umusaruro ntitwabyitirira ibiti bishaje gusa, kuko n’ihindagurika ry’ibihe ryerekanye ko iyo izuba ribaye ryinshi umusaruro ugabanuka. Hari no kudakoresha ifumbire nk’uko bikwiye. Gusa twakoze ibarura ry’ibiti bishaje kugira ngo bisazurwe cyane cyane mu ntara y’Uburengerazuba n’Amajyepfo kuko ari ho dufite ibiti byinshi, kandi kubisazura bigaragaza ko byatanze umusaruro cyane.”

Biteganyijwe ko uyu mwaka w’ihinga hazaterwa ibiti bya kawa bishya 2,902,145 kuri hegitari 1,043 na hegitari 443 zo gusazura, bakata ibiti bishaje kugira ngo bishibuke, mu gihe umwaka ushize hari hatewe ingemwe miliyoni 1.3. Ariko umushinga PSAC ukorera muri NAEB hatewe ibiti by’ikawa bishya miliyoni 9 kuri hegitari 3,050 kugeza muri 2029.

Ikawa bari basanganywe ngo yari ishaje
Ubu bari gutera inshya

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eleven =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

Next Post

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.