Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana ubwicanyi bwakorewe kwa ku ivuriro rya Byambwe muri Kivu ya Ruguru, ariko akirengagiza kuvuga ababukoze.

Ni nyuma yuko uyu Muganga w’Umunyekongo wahawe igihembo Mpuzamahanga Cyitiriwe Nobel, agaragaje agahinda yatewe na buriya bwicanyi bwakorewe abari ku Kigo Nderabuzima cya Byambwe.

Ubwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku ya 14 rishyira ku ya 15 Ugushyingo 2025, bwanamaganywe n’Ibiro by’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, dore ko ririya vuriro bwakorewemo ari irya Kiliziya.

Ibiro bya Papa, byamaganaga ubu bwicani bwakorewe abo muri Paruwayi yitiriwe Mutagatifu Paul ya Byambwe mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byavugaga ko bwatwaye ubuzima bw’abantu 28 ndetse n’ivuriro rigatwika.

Mu butumwa bwa Dr Denis Mukwege, we yavuze ko “mu bantu 17 bishwe, 11 ni abagore bari baryamye mu cyumba cy’ababyeyi bagiye kubyara.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuganga w’ababyeyi n’inzobere mu ndwara z’abagore, namaganye nivuye inyuma ibi bikorwa bibi. Kugirira nabi abagore batanga ubuzima ni icyaha ndengakamere kurusha ibindi byose, kandi si n’umugambi w’iterabwoba ku baturage gusa, ahubwo ni no kurimbura igice cy’umuryango mugari.”

Yakomeje avuga ko Isi idakwiye kurebera ibikorwa nk’ibi bya Jenoside ngo ikorerwa Abanyekongo, avuga ko hakwiye kugira igikorwa mu maguru mashya, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abasivile bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, atanga igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Dr Denis Mukwege; yavuze ko “abakoze aya marorerwa barazwi neza, ni iby’ihebe by’Abanya-Uganda bya ADF. Biratangaje kubona Dr Denis Mukwege, ufite intego yo kumenyesha umuryango mpuzamahanga (ugendeye ku bo yasangije ubutumwa bwe kuri X) yibagirwa kubivuga mu butumwa bwe burebure bwo kwamagana kandi bigaragara ko yafashe umwanya uhagije wo kubutegura.”

Umutwe wa ADF-NALU urwanya ubutegetsi bwa Uganda ukaba ufite ibirindiro mu mashyamba ya DRC, wakunze gukora ibikorwa nk’ibi by’ubugome ndengakamere, wica abaturage ukanabatwikira ibyabo.

Dr. Denis yamaganye buriya bwicanyi
Minisitiri Nduhungire avuga ko bitangaje kubona yirengagiza kuvuga ababukoze
Ubwo hashyingurwaga abahaburiye ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 13 =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Next Post

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.