• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru mu rugo rwe, hari amakuru avuga ko ari amayeri yo gukangura abantu kuko uyu muririmbyi n’umuvandimwe we bagiye gushyira hanze indirimbo nshya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ni bwo hatangiye gucicikana amakuru y’uko urugo rwa Vestine rwaba rurimo ibibazo kubera ubutumwa uyu muririmbyikazi yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, ahanyuzwa ubutumwa buzwi nka Story, ariko akabusiba butamazeho igihe bwagombaga kumara.

Muri ubu butumwa, uyu muririmbyikazi, yagize ati “Ndabizi nafashe umwanzuro mubi mu buzima bwanjye, ariko ntacyo bitwaye. Imana yemera ibintu byinshi kuba kugira ngo bitwigishe. Maze kwiga byinshi.”

Yongeye ati “Ntawundi mugabo uzongera kumbeshya agamije kunyangiriza ubuzima. Undi mugabo nzahitamo kubana na we, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we ndetse na buri kimwe cyose kuri we. Ntawuzongera kunkoresha mu nyungu ze bwite.”

Ibi byatumye benshi batangira gukeka ko urugo rwa Vestine rwaba ruri ku manga, ku buryo yaba agiye gutandukana n’umugabo we, gusa isesengura rya bamwe rivuga ko atari ukuri, ahubwo ko byaba ari agatwiko [mu mvugo igezweho mu rubyiruko] kuko uyu muhanzikazi na murumuna we Dorcas basanzwe baririmbana, bagiye gushyira hanze igihangano gishya.

Ni bumwe mu buryo bukoreshwa na bamwe mu bahanzi Nyarwanda, iyo bitegura gushyira hanze indirimbo, bagahimba amakuru avugisha benshi, bakabitaho cyane, ubundi mu gihe abantu bakiri kubitaho, bagahita basohora icyo gihangano.

Bivugwa ko aba bahanzi ubu bari muri Canada, bagiye gushyira hanze indirimbo bise ‘Usisite’ nk’uko biherutse kwemezwa na Irene Murindahabi usanzwe abareberera inyungu.

M. Irene avuga ku by’iyi ndirimbo y’aba bahanzi, yagize ati “Si bimwe byo gutwika iyo ndirimbo ni nziza.”

Amakuru avuga ko ntakibazo kiri mu rugo rwa Vestine n’Umugabo we n’Umunya- Burkina Faso, Idrissa Jean Luc Ouedraogo bakoze ubukwe mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka.

Umwe mu banyamakuru bakurikiranira hafi iby’imyidagaduro mu Rwanda, avuga ko akurikije ibyo asanzwe amenyereye mu bucuruzi bw’umuziki, na buriya butumwa bwanditswe na Vestine buri mu murongo wo gushyushya abantu mu mutwe kugira ngo iki gihangano cyabo benda gushyira hanze, kize gisamirwa hejuru na benshi dore ko aba bahanzikazi basanzwe bafite abakunzi benshi.

Uyu Munyamakuru kandi ashingira ku kuba umuryango w’aba bombi usanzwe ushingiye ku ijambo ry’Imana, dore yaba umugore (Vestine) n’umugabo we (Idrissa Jean Luc Ouedraogo) basanzwe basenga, byumwihariko umwe muri bo akaba anakora umurimo w’Imana, bityo ko ntakibazo cyaba kibaye mu muryango wabo aka kanya.

Nanone kandi Vestine n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouedraogo baheruka kugaragara bari kumwe, ubwo bitabiraga ibirori by’umuhanzi Niyo Bosco ubwo yambikaga impeta umukunsi we bagiye kurushingana.

Vestine yari yaherekejwe n’umugabo we ubwo yajyaga mu biro bya Niyo Bosco

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Next Post

Why saving money matters: The power of saving for your future

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.