Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru mu rugo rwe, hari amakuru avuga ko ari amayeri yo gukangura abantu kuko uyu muririmbyi n’umuvandimwe we bagiye gushyira hanze indirimbo nshya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ni bwo hatangiye gucicikana amakuru y’uko urugo rwa Vestine rwaba rurimo ibibazo kubera ubutumwa uyu muririmbyikazi yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, ahanyuzwa ubutumwa buzwi nka Story, ariko akabusiba butamazeho igihe bwagombaga kumara.

Muri ubu butumwa, uyu muririmbyikazi, yagize ati “Ndabizi nafashe umwanzuro mubi mu buzima bwanjye, ariko ntacyo bitwaye. Imana yemera ibintu byinshi kuba kugira ngo bitwigishe. Maze kwiga byinshi.”

Yongeye ati “Ntawundi mugabo uzongera kumbeshya agamije kunyangiriza ubuzima. Undi mugabo nzahitamo kubana na we, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we ndetse na buri kimwe cyose kuri we. Ntawuzongera kunkoresha mu nyungu ze bwite.”

Ibi byatumye benshi batangira gukeka ko urugo rwa Vestine rwaba ruri ku manga, ku buryo yaba agiye gutandukana n’umugabo we, gusa isesengura rya bamwe rivuga ko atari ukuri, ahubwo ko byaba ari agatwiko [mu mvugo igezweho mu rubyiruko] kuko uyu muhanzikazi na murumuna we Dorcas basanzwe baririmbana, bagiye gushyira hanze igihangano gishya.

Ni bumwe mu buryo bukoreshwa na bamwe mu bahanzi Nyarwanda, iyo bitegura gushyira hanze indirimbo, bagahimba amakuru avugisha benshi, bakabitaho cyane, ubundi mu gihe abantu bakiri kubitaho, bagahita basohora icyo gihangano.

Bivugwa ko aba bahanzi ubu bari muri Canada, bagiye gushyira hanze indirimbo bise ‘Usisite’ nk’uko biherutse kwemezwa na Irene Murindahabi usanzwe abareberera inyungu.

M. Irene avuga ku by’iyi ndirimbo y’aba bahanzi, yagize ati “Si bimwe byo gutwika iyo ndirimbo ni nziza.”

Amakuru avuga ko ntakibazo kiri mu rugo rwa Vestine n’Umugabo we n’Umunya- Burkina Faso, Idrissa Jean Luc Ouedraogo bakoze ubukwe mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka.

Umwe mu banyamakuru bakurikiranira hafi iby’imyidagaduro mu Rwanda, avuga ko akurikije ibyo asanzwe amenyereye mu bucuruzi bw’umuziki, na buriya butumwa bwanditswe na Vestine buri mu murongo wo gushyushya abantu mu mutwe kugira ngo iki gihangano cyabo benda gushyira hanze, kize gisamirwa hejuru na benshi dore ko aba bahanzikazi basanzwe bafite abakunzi benshi.

Uyu Munyamakuru kandi ashingira ku kuba umuryango w’aba bombi usanzwe ushingiye ku ijambo ry’Imana, dore yaba umugore (Vestine) n’umugabo we (Idrissa Jean Luc Ouedraogo) basanzwe basenga, byumwihariko umwe muri bo akaba anakora umurimo w’Imana, bityo ko ntakibazo cyaba kibaye mu muryango wabo aka kanya.

Nanone kandi Vestine n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouedraogo baheruka kugaragara bari kumwe, ubwo bitabiraga ibirori by’umuhanzi Niyo Bosco ubwo yambikaga impeta umukunsi we bagiye kurushingana.

Vestine yari yaherekejwe n’umugabo we ubwo yajyaga mu biro bya Niyo Bosco

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − four =

Previous Post

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Next Post

Why saving money matters: The power of saving for your future

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.