Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru mu rugo rwe, hari amakuru avuga ko ari amayeri yo gukangura abantu kuko uyu muririmbyi n’umuvandimwe we bagiye gushyira hanze indirimbo nshya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ni bwo hatangiye gucicikana amakuru y’uko urugo rwa Vestine rwaba rurimo ibibazo kubera ubutumwa uyu muririmbyikazi yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, ahanyuzwa ubutumwa buzwi nka Story, ariko akabusiba butamazeho igihe bwagombaga kumara.

Muri ubu butumwa, uyu muririmbyikazi, yagize ati “Ndabizi nafashe umwanzuro mubi mu buzima bwanjye, ariko ntacyo bitwaye. Imana yemera ibintu byinshi kuba kugira ngo bitwigishe. Maze kwiga byinshi.”

Yongeye ati “Ntawundi mugabo uzongera kumbeshya agamije kunyangiriza ubuzima. Undi mugabo nzahitamo kubana na we, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we ndetse na buri kimwe cyose kuri we. Ntawuzongera kunkoresha mu nyungu ze bwite.”

Ibi byatumye benshi batangira gukeka ko urugo rwa Vestine rwaba ruri ku manga, ku buryo yaba agiye gutandukana n’umugabo we, gusa isesengura rya bamwe rivuga ko atari ukuri, ahubwo ko byaba ari agatwiko [mu mvugo igezweho mu rubyiruko] kuko uyu muhanzikazi na murumuna we Dorcas basanzwe baririmbana, bagiye gushyira hanze igihangano gishya.

Ni bumwe mu buryo bukoreshwa na bamwe mu bahanzi Nyarwanda, iyo bitegura gushyira hanze indirimbo, bagahimba amakuru avugisha benshi, bakabitaho cyane, ubundi mu gihe abantu bakiri kubitaho, bagahita basohora icyo gihangano.

Bivugwa ko aba bahanzi ubu bari muri Canada, bagiye gushyira hanze indirimbo bise ‘Usisite’ nk’uko biherutse kwemezwa na Irene Murindahabi usanzwe abareberera inyungu.

M. Irene avuga ku by’iyi ndirimbo y’aba bahanzi, yagize ati “Si bimwe byo gutwika iyo ndirimbo ni nziza.”

Amakuru avuga ko ntakibazo kiri mu rugo rwa Vestine n’Umugabo we n’Umunya- Burkina Faso, Idrissa Jean Luc Ouedraogo bakoze ubukwe mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka.

Umwe mu banyamakuru bakurikiranira hafi iby’imyidagaduro mu Rwanda, avuga ko akurikije ibyo asanzwe amenyereye mu bucuruzi bw’umuziki, na buriya butumwa bwanditswe na Vestine buri mu murongo wo gushyushya abantu mu mutwe kugira ngo iki gihangano cyabo benda gushyira hanze, kize gisamirwa hejuru na benshi dore ko aba bahanzikazi basanzwe bafite abakunzi benshi.

Uyu Munyamakuru kandi ashingira ku kuba umuryango w’aba bombi usanzwe ushingiye ku ijambo ry’Imana, dore yaba umugore (Vestine) n’umugabo we (Idrissa Jean Luc Ouedraogo) basanzwe basenga, byumwihariko umwe muri bo akaba anakora umurimo w’Imana, bityo ko ntakibazo cyaba kibaye mu muryango wabo aka kanya.

Nanone kandi Vestine n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouedraogo baheruka kugaragara bari kumwe, ubwo bitabiraga ibirori by’umuhanzi Niyo Bosco ubwo yambikaga impeta umukunsi we bagiye kurushingana.

Vestine yari yaherekejwe n’umugabo we ubwo yajyaga mu biro bya Niyo Bosco

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Next Post

Why saving money matters: The power of saving for your future

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.