Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka utaha. Ni amasezerano ya Visit Rwanda, aho iyi kipe yari yabaye iya mbere muri iyi mikoranire.

Aya makuru yatangajwe na RDB mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, aho uru Rwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda, rwabinyujije ku rubuga rwarwo, rutangaza ko aya masezerano atazongera nyuma ya Kamenaumwaka utaha wa 2026.

RDB yatangaje ko “Arsenal na Rwanda Development Board bumvikanye ku gusoza imikoranire mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, uri gusatira imyaka umunani y’imikoranire kuri Visit Rwanda nk’umufatanyabikorwa wa mbere wabaye Arsenal.”

RDB ivuga ko icyo ari cyo gihe cyo gutera indi ntambwe mu gushaka abandi bafatanyabikorwa muri gahunda ya Visit Rwanda no kwagura amasoko mu rwego rwo kuzamura indi ntambwe mu bijyanye n’ubukerarugendo n’intego mu ishoramari.

Iri tangazo, rikavuga ko “Ku bufatanye bwa Arsenal n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda babashije kwesa imihigo y’ingenzi mu mikoranire, mu guteza imbere kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ubukerarugendo burambye, gushishikariza amamiliyoni y’abantu kurushaho kumenya Igihugu, ndetse no kubaka umusingi w’iterambere ry’ubukerarugendo.”

RDB ivuga ko iyi mikoranire yatumye ubwiza karemano bw’u Rwanda burushaho kumenyekana, kandi bigira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’urwego rw’Ubukerarugendo.

Iti “Abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,3 muri 2024, kandi umusaruro uva mu bukerarugendo uriyongera ugera kuri miliyoni 650 USD, habaho izamuka rya 47% kuva ubwo bufatanye bwatangira.”

RDB kandi yagaragaje ibihe by’ingenzi bitazibagirana byabayeho ku bw’ubu bufatanye, birimo ingendo za bamwe mu bafite amazina akomeye mu muryango wa Arsenal, barimo abayikiniye n’akiyikinira bagiye basura u Rwanda, barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina.

Aba basitari b’ikipe ya Arsenal, bagize amahirwe yo kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda, basura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Pariki y’Akagaera, ndetse banasura ikiraro cyo mu kirere cyo muri Pariki ya Nyungwe, ndetse bagenda banagira uruhare mu gikorwa cyo Kwita Izina abana b’Ingagi.

Ubu bufatanye kandi bwagize uruhare mu gutuma u Rwanda ruba igicumbi mpuzamahanga cy’ibikorwa bya siporo ku Mugabane wa Afurika.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yagize ati “Twishimira kuba aya masezerano yarageze ku ntego yayo mu myaka myinshi y’imikoranire. Yafunguye imiryango mu kwagura ubukerarugendo no kumenyekanisha u Rwanda ku Isi, no guhamagarira abayituye gusurau Rwanda.”

Richard Garlick, Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, na we yavuze ko aya masezerano y’imikoranire, yabaye urugendo rutazibagirana, kuko ku bufatanye na RDB babashije kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, ndetse anafasha iyi kipe gukomeza kugirana umubano mwiza n’abakunzi bayo bo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Next Post

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.