Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka utaha. Ni amasezerano ya Visit Rwanda, aho iyi kipe yari yabaye iya mbere muri iyi mikoranire.

Aya makuru yatangajwe na RDB mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, aho uru Rwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda, rwabinyujije ku rubuga rwarwo, rutangaza ko aya masezerano atazongera nyuma ya Kamenaumwaka utaha wa 2026.

RDB yatangaje ko “Arsenal na Rwanda Development Board bumvikanye ku gusoza imikoranire mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, uri gusatira imyaka umunani y’imikoranire kuri Visit Rwanda nk’umufatanyabikorwa wa mbere wabaye Arsenal.”

RDB ivuga ko icyo ari cyo gihe cyo gutera indi ntambwe mu gushaka abandi bafatanyabikorwa muri gahunda ya Visit Rwanda no kwagura amasoko mu rwego rwo kuzamura indi ntambwe mu bijyanye n’ubukerarugendo n’intego mu ishoramari.

Iri tangazo, rikavuga ko “Ku bufatanye bwa Arsenal n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda babashije kwesa imihigo y’ingenzi mu mikoranire, mu guteza imbere kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ubukerarugendo burambye, gushishikariza amamiliyoni y’abantu kurushaho kumenya Igihugu, ndetse no kubaka umusingi w’iterambere ry’ubukerarugendo.”

RDB ivuga ko iyi mikoranire yatumye ubwiza karemano bw’u Rwanda burushaho kumenyekana, kandi bigira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’urwego rw’Ubukerarugendo.

Iti “Abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,3 muri 2024, kandi umusaruro uva mu bukerarugendo uriyongera ugera kuri miliyoni 650 USD, habaho izamuka rya 47% kuva ubwo bufatanye bwatangira.”

RDB kandi yagaragaje ibihe by’ingenzi bitazibagirana byabayeho ku bw’ubu bufatanye, birimo ingendo za bamwe mu bafite amazina akomeye mu muryango wa Arsenal, barimo abayikiniye n’akiyikinira bagiye basura u Rwanda, barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina.

Aba basitari b’ikipe ya Arsenal, bagize amahirwe yo kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda, basura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Pariki y’Akagaera, ndetse banasura ikiraro cyo mu kirere cyo muri Pariki ya Nyungwe, ndetse bagenda banagira uruhare mu gikorwa cyo Kwita Izina abana b’Ingagi.

Ubu bufatanye kandi bwagize uruhare mu gutuma u Rwanda ruba igicumbi mpuzamahanga cy’ibikorwa bya siporo ku Mugabane wa Afurika.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yagize ati “Twishimira kuba aya masezerano yarageze ku ntego yayo mu myaka myinshi y’imikoranire. Yafunguye imiryango mu kwagura ubukerarugendo no kumenyekanisha u Rwanda ku Isi, no guhamagarira abayituye gusurau Rwanda.”

Richard Garlick, Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, na we yavuze ko aya masezerano y’imikoranire, yabaye urugendo rutazibagirana, kuko ku bufatanye na RDB babashije kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, ndetse anafasha iyi kipe gukomeza kugirana umubano mwiza n’abakunzi bayo bo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − five =

Previous Post

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Next Post

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.