• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA
0
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe rukoresha ibirimo ibisabune bicagagura imyanda yo mu bwiherero, nyuma yuko bigaragaye ko ibitoki bihajyanwa ari bicye cyane ugereranyije n’inzoga zihasohoka.

Uru ruganda rwenga inzoga zirimo izitwa Izimano, Mapozi, n’Umunara, rwafunzwe nyuma yo gukorerwa ubugenzuzi, bwakozwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano iz’ubuyobozi bw’ibanze mu Karere ka Rwamagana ndetse n’abaturage.

Uretse kuba iri genzura ryasize uru ruganda rufunzwe, ryanasize hamenwe inzoga zifite agaciro ka Miliyoni 105 Frw, zitari zujuje ubuziranenge zari zarenzwe n’uru ruganda, zari zitegereje kujyanwa ku isoko.

Gutahura ko uru ruganda rukora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, byaturutse ku makenga yabayeho nyuma yuko bigaragaye ko muri uru ruganda hajya ibitoki bicye, hagasohoka inzoga nyinshi, kandi rwaraherewe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki.

Mu igenzura ryakozwe, uru ruganda rwatahuwe ko mu byo rwakoreshaga, harimo ibisanzwe bicagagura imyanda yo mu bwiherero, umusemburo wa Pakimaya wifashishwa mu gukora imigati, amajyane ndetse n’ibindi binyabutabire bitandukanye, mu gihe byari bizwi ko rukoresha ibitoki n’amasaka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yatangaje ko uru ruganda rwari rwaraherewe uruhushya rwo gukoresha ibitoki n’amasaka, ariko ko byari bimaze kugaragara ko ibitoki byinjira muri uru ruganda ari bicye cyane.

Yavuze ko nko mu cyumweru hinjiraga imodoka yo mu bwoko bwa Fuso y’ibitoki, kandi buri munsi hagasohoka amakamyo yuzuye inzoga, ku buryo bitumvikanaga uko ibyo bitoki byinjiraga mu cyumweru kimwe ari byo byavagamo izo nzoga zose.

Aya makenga, ni na yo yatumye hakorwa iri genzura ryasize uru ruganda rufunzwe nyuma yo gusanga ko rwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge, kuko zakorwaga muri biriya bindi bitari ibitoki n’amasaka.

Igenzura ryagaragaje ko uru ruganda rwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge

Mayor Mbonyumuvunyi yavuze ko ibi bibabaje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + sixteen =

Previous Post

Eng.-President Kagame receives Qatar’s Emir on Official Visit to Rwanda

Next Post

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.