Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA
0
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe rukoresha ibirimo ibisabune bicagagura imyanda yo mu bwiherero, nyuma yuko bigaragaye ko ibitoki bihajyanwa ari bicye cyane ugereranyije n’inzoga zihasohoka.

Uru ruganda rwenga inzoga zirimo izitwa Izimano, Mapozi, n’Umunara, rwafunzwe nyuma yo gukorerwa ubugenzuzi, bwakozwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano iz’ubuyobozi bw’ibanze mu Karere ka Rwamagana ndetse n’abaturage.

Uretse kuba iri genzura ryasize uru ruganda rufunzwe, ryanasize hamenwe inzoga zifite agaciro ka Miliyoni 105 Frw, zitari zujuje ubuziranenge zari zarenzwe n’uru ruganda, zari zitegereje kujyanwa ku isoko.

Gutahura ko uru ruganda rukora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, byaturutse ku makenga yabayeho nyuma yuko bigaragaye ko muri uru ruganda hajya ibitoki bicye, hagasohoka inzoga nyinshi, kandi rwaraherewe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki.

Mu igenzura ryakozwe, uru ruganda rwatahuwe ko mu byo rwakoreshaga, harimo ibisanzwe bicagagura imyanda yo mu bwiherero, umusemburo wa Pakimaya wifashishwa mu gukora imigati, amajyane ndetse n’ibindi binyabutabire bitandukanye, mu gihe byari bizwi ko rukoresha ibitoki n’amasaka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yatangaje ko uru ruganda rwari rwaraherewe uruhushya rwo gukoresha ibitoki n’amasaka, ariko ko byari bimaze kugaragara ko ibitoki byinjira muri uru ruganda ari bicye cyane.

Yavuze ko nko mu cyumweru hinjiraga imodoka yo mu bwoko bwa Fuso y’ibitoki, kandi buri munsi hagasohoka amakamyo yuzuye inzoga, ku buryo bitumvikanaga uko ibyo bitoki byinjiraga mu cyumweru kimwe ari byo byavagamo izo nzoga zose.

Aya makenga, ni na yo yatumye hakorwa iri genzura ryasize uru ruganda rufunzwe nyuma yo gusanga ko rwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge, kuko zakorwaga muri biriya bindi bitari ibitoki n’amasaka.

Igenzura ryagaragaje ko uru ruganda rwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge

Mayor Mbonyumuvunyi yavuze ko ibi bibabaje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Eng.-President Kagame receives Qatar’s Emir on Official Visit to Rwanda

Next Post

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.