Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA
0
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe rukoresha ibirimo ibisabune bicagagura imyanda yo mu bwiherero, nyuma yuko bigaragaye ko ibitoki bihajyanwa ari bicye cyane ugereranyije n’inzoga zihasohoka.

Uru ruganda rwenga inzoga zirimo izitwa Izimano, Mapozi, n’Umunara, rwafunzwe nyuma yo gukorerwa ubugenzuzi, bwakozwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano iz’ubuyobozi bw’ibanze mu Karere ka Rwamagana ndetse n’abaturage.

Uretse kuba iri genzura ryasize uru ruganda rufunzwe, ryanasize hamenwe inzoga zifite agaciro ka Miliyoni 105 Frw, zitari zujuje ubuziranenge zari zarenzwe n’uru ruganda, zari zitegereje kujyanwa ku isoko.

Gutahura ko uru ruganda rukora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, byaturutse ku makenga yabayeho nyuma yuko bigaragaye ko muri uru ruganda hajya ibitoki bicye, hagasohoka inzoga nyinshi, kandi rwaraherewe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki.

Mu igenzura ryakozwe, uru ruganda rwatahuwe ko mu byo rwakoreshaga, harimo ibisanzwe bicagagura imyanda yo mu bwiherero, umusemburo wa Pakimaya wifashishwa mu gukora imigati, amajyane ndetse n’ibindi binyabutabire bitandukanye, mu gihe byari bizwi ko rukoresha ibitoki n’amasaka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yatangaje ko uru ruganda rwari rwaraherewe uruhushya rwo gukoresha ibitoki n’amasaka, ariko ko byari bimaze kugaragara ko ibitoki byinjira muri uru ruganda ari bicye cyane.

Yavuze ko nko mu cyumweru hinjiraga imodoka yo mu bwoko bwa Fuso y’ibitoki, kandi buri munsi hagasohoka amakamyo yuzuye inzoga, ku buryo bitumvikanaga uko ibyo bitoki byinjiraga mu cyumweru kimwe ari byo byavagamo izo nzoga zose.

Aya makenga, ni na yo yatumye hakorwa iri genzura ryasize uru ruganda rufunzwe nyuma yo gusanga ko rwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge, kuko zakorwaga muri biriya bindi bitari ibitoki n’amasaka.

Igenzura ryagaragaje ko uru ruganda rwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge

Mayor Mbonyumuvunyi yavuze ko ibi bibabaje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − six =

Previous Post

Eng.-President Kagame receives Qatar’s Emir on Official Visit to Rwanda

Next Post

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.