Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane w’u Burayi ku mpamvu itaramenyekana neza.
Uyu muhanzi uherutse kugarukwaho cyane mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda nyuma yuko hasakaye amashusho ye ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we, we yita umugore we, yanatumye hari abatwabwa muri yombi.
Aba mbere batawe muri yombi muri dosiye ifitanye isano n’ikwirakwira ry’ariya mashusho, ari bo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bagejejwe imbere y’Urukiko mu cyumweru gishize, ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.
Iburanisha ry’uru rubanza rwagombaga kuba ku wa Kane tariki 27 Ugushyingo ariko rigasubikwa, ryari ryanitabiriwe n’uyu muhanzi Yampano.
Amakuru ahari ubu, avuga ko Yampano atari ku butaka bw’u Rwanda, ahubwo ko yerecyeje mu Bubiligi ku Mugabane w’u Burayi.
Kuri uyu wa Kabiri, uyu muhanzi yasangije abantu amafoto n’amashusho, arimo ayo ari mu ndege ya RwandAir, n’andi yamaze kugera mu Bubiligi.
Umwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Igihe ko Yampano ari kubarizwa mu Bubiligi, aho “hari gahunda yari afiteyo zijyanye n’umuziki zirimo no kuganira n’abari bamaze igihe bamutumira mu bitaramo binyuranye.”
Ubwo ariya mashusho ya Yampano yajyaga hanze, uyu muhanzi yavuze ko ababiri inyuma ari abanzi bamufitiye ishyari kubera intambwe akomeje gutera, zirimo n’ibitaramo ngo yatumiwemo hanze y’u Rwanda.
Yampano kandi yerecyeje mu Bubiligi, nyuma yuko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rutangaje ko rukomeje gukora iperereza ku bagize uruhare mu gusakaza ariya mashusho, ndetse ko iperereza riri no gukorwa kuri uyu muhanzi n’umukunzi we.



RADIOTV10










