Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260 Frw, harimo 40% kugeza kuri 50% by’amafaranga abakinnyi baguzwe mu myaka ishize bagifitiye imyenda, anagaruka ku kibazo cya Bisi, yemeje ko iri gukorwa kandi yenda kurangira.

Nubwo bayisanganye amadeni, ariko Murenzi yavuze ko iyi kipe ikeneye kongera kwiyubaka mu isoko ryo muri Mutarama 2026, aho gahunda ihari ari uko hakenewe miliyoni hagati ya 150 Frw na 200 Frw kugira ngo hongerwemo abakinnyi bashya bazafasha ikipe gusubira ku rwego rwo guhatanira igikombe.

Murenzi Abdallah yavuze ko mu rwego rwo gutegura isoko ryo muri Mutarama, mu cyumweru n’igice kizaza, Rayon Sports izaba yamaze gushyiraho umutoza mukuru mushya, uzagira uruhare mu kugena imyanya izongerwamo abakinnyi ndetse n’abazasezererwa.

Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kwiyubaka bisaba ingengo y’imari igera kuri miliyoni 200 Frw, kandi ko hari umufatanyabikorwa ikipe iri kuvugana na we ushobora gutanga 75% by’ayo mafaranga.

Ku birebana n’amakuru avuga ko Leta yaba yarijeje Murenzi Abdallah inkunga ubwo yagirwaga Perezida w’Agateganyo, Murenzi yahakanye ibyo birego agira ati “Baratubwiye bati: ‘Igihugu kirabashyigikiye’, nta bahasha bampaye.”

Yakomeje avuga ko icyo bahawe ari ubutumwa bwo gushyigikira ibikorwa by’ikipe ariko nta mafaranga yahawe.

Ku kibazo cya bisi yagombaga kugurwa mu Ugushyingo 2025, Murenzi yasobanuye ko iyi modoka iri gukorwa, ikaba iri gushyirwaho ibirango bya Rayon Sports, kandi izagera i Kigali ari nshya, ivuye ku ruganda. Habayeho guhuzagurika kw’inzego hagati ya Rayon Sports n’umufatanyabikorwa Airtel wari wiyemeje kuyigurira, kuko Komite Nyobozi ya mbere iyobowe na Twagirayezu Thaddée yanze umushinga w’‘Akanyenyeri’, byanatumye amasezerano yo kugura iyo modoka atinda.

Murenzi Abdallah yasoje ashimangira ko intego nyamukuru ari ugushyira Rayon Sports mu murongo mushya w’imiyoborere, kunoza imikoreshereze y’amafaranga, gukemura amadeni ndetse no kongera ubushobozi bw’ikipe mu kibuga.

Yavuze ko kwiyubaka bisaba gushyira mu bikorwa imishinga ifatika, imikoranire myiza n’abafatanyabikorwa ndetse no gukorana ubwitange mu gihe cyose ikipe ikiri mu bibazo by’imari.

Komite y’inzibacyuho ya Rayon yagaragaje uko ibibazo bihagaze

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eight =

Previous Post

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.