Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260 Frw, harimo 40% kugeza kuri 50% by’amafaranga abakinnyi baguzwe mu myaka ishize bagifitiye imyenda, anagaruka ku kibazo cya Bisi, yemeje ko iri gukorwa kandi yenda kurangira.

Nubwo bayisanganye amadeni, ariko Murenzi yavuze ko iyi kipe ikeneye kongera kwiyubaka mu isoko ryo muri Mutarama 2026, aho gahunda ihari ari uko hakenewe miliyoni hagati ya 150 Frw na 200 Frw kugira ngo hongerwemo abakinnyi bashya bazafasha ikipe gusubira ku rwego rwo guhatanira igikombe.

Murenzi Abdallah yavuze ko mu rwego rwo gutegura isoko ryo muri Mutarama, mu cyumweru n’igice kizaza, Rayon Sports izaba yamaze gushyiraho umutoza mukuru mushya, uzagira uruhare mu kugena imyanya izongerwamo abakinnyi ndetse n’abazasezererwa.

Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kwiyubaka bisaba ingengo y’imari igera kuri miliyoni 200 Frw, kandi ko hari umufatanyabikorwa ikipe iri kuvugana na we ushobora gutanga 75% by’ayo mafaranga.

Ku birebana n’amakuru avuga ko Leta yaba yarijeje Murenzi Abdallah inkunga ubwo yagirwaga Perezida w’Agateganyo, Murenzi yahakanye ibyo birego agira ati “Baratubwiye bati: ‘Igihugu kirabashyigikiye’, nta bahasha bampaye.”

Yakomeje avuga ko icyo bahawe ari ubutumwa bwo gushyigikira ibikorwa by’ikipe ariko nta mafaranga yahawe.

Ku kibazo cya bisi yagombaga kugurwa mu Ugushyingo 2025, Murenzi yasobanuye ko iyi modoka iri gukorwa, ikaba iri gushyirwaho ibirango bya Rayon Sports, kandi izagera i Kigali ari nshya, ivuye ku ruganda. Habayeho guhuzagurika kw’inzego hagati ya Rayon Sports n’umufatanyabikorwa Airtel wari wiyemeje kuyigurira, kuko Komite Nyobozi ya mbere iyobowe na Twagirayezu Thaddée yanze umushinga w’‘Akanyenyeri’, byanatumye amasezerano yo kugura iyo modoka atinda.

Murenzi Abdallah yasoje ashimangira ko intego nyamukuru ari ugushyira Rayon Sports mu murongo mushya w’imiyoborere, kunoza imikoreshereze y’amafaranga, gukemura amadeni ndetse no kongera ubushobozi bw’ikipe mu kibuga.

Yavuze ko kwiyubaka bisaba gushyira mu bikorwa imishinga ifatika, imikoranire myiza n’abafatanyabikorwa ndetse no gukorana ubwitange mu gihe cyose ikipe ikiri mu bibazo by’imari.

Komite y’inzibacyuho ya Rayon yagaragaje uko ibibazo bihagaze

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.