Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Bane bapfuye urw’amayobera nyuma yo kumara igihe kinini banywa inzoga bishimira Noheli

radiotv10by radiotv10
28/12/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Bane bapfuye urw’amayobera nyuma yo kumara igihe kinini banywa inzoga bishimira Noheli
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bo mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bapfuye mu bihe bitandukanye nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano ubwo bishimiraga ibihe bya Noheli.

Aba bantu bapfuye bikekwa ko bazize iyi nzoga y’inkorano isanzwe iba mu tubari duherereye mu Mudugudu wa Intambwe ahavugwa ko hasanzwe haba ubusinzi bwinshi.

Aba bantu barimo umugore umwe ari we Nyiraminani Angelique ndetse na Ndihokubwayo Emmanuel wari ufite imyaka 70 y’amavuko na Gahabwa Laurent w’imyaka 45 na Niyitegeka Kizito.

Babiri bapfuye tariki 26 Ukuboza 2021 ku munsi wakurikiye Noheli mu gihe abandi babiri bashizemo umwuka kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021.

Hari kandi abandi babiri barimo umugore n’umugabo bajyanywe kwa muganga na bo bakaba barembye cyane aho bari kwitabwaho.

Bamwe mu baturage bo muri kariya gace bavuga ko aba ba nyakwigendera bari bamaze iminsi banywa iyi nzoga ku buryo bashobora kuba banazize kuba banywaga iyi nzoga batanarya mu gihe hari n’abandi bavuga ko muri iriya nzoga babashyiriyemo uburozi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego rwatangiye gukora iperereza kugira ngo hamenyekane intandaro y’uru rupfu, akaboneraho gusaba abantu kwirinda amakuru y’ibihuha.

Etienne Nduwimana wasigariyeho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimihurura, yavuze ko uru rupfu rwatunguranye gusa akavuga ko abaturage bagomba kujya batanga amakuru y’utubari dukorerwamo ubucuruzi bw’inzoga nka ziriya zitemewe.

Yagize ati “Turasaba abaturage bose ko abantu bafite utubari mu ngo, ko rwose babikuraho, kuko ni na cyo ubu tugiye gukurikizaho. Abantu bose bafite utubari mu ngo, turagenda dusaba abaturage kugira ngo ayo makuru bayatange, abo bantu bagaragare.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 10 =

Previous Post

Niger yirukanye Abanyarwanda 8 boherejweyo nyuma yo kurangiza ibihano bya TPIR

Next Post

Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye

Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.