Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

radiotv10by radiotv10
04/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
Share on FacebookShare on Twitter

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu Bihugu byiganjemo ibisanzwe bidahuza umurongo na Leta Zunze Ubumwe za America nyuma yuko zigiye gufatira Perezida Nicolás Maduro Moros mu Gihugu cye.

Mu rukerero rwo kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa saba n’igice z’igicuku muri Venezuela, ubwo kajugujugu zitwaye Abakomando b’umutwe wa gisirikare wihariye wa Delta Force binjiraga i Caracas, ku nyubako yarimo Maduro bakabanza kuyigota ubundi bakinjiramo, bakamufata we n’umugore we.

Nyuma y’ibi bitero, Perezida Donald Trump wa America yavuze ko Igihugu cye cyagabye ibitero bikomeye kuri Venezuela, kigafata umuyobozi w’iki Gihugu, Perezida Nicolàs Maduro n’umugore we.

Nyuma yuko Trump avuze kandi ko Maduro n’umugore we bahise bavanwa mu Gihugu cyabo, Umushinjacyaha Mukuru wa US, Pam Bondi, yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu cya Venezuela n’Umugore we bamaze kuregerwa Urukiko rwo mu mujyi wa Southern District i New York.

Pam Bondi yavuze ko aba bombi baregwa ibyaha bifitanye isano no gucuruza ibiyobyabwenge, birimo Kwinjiza muri America ikiyobyabwenge cya Cocaine, ndetse n’ibindi byaha bikomeye birimo umugambi w’iterabwoba, gutunga intwaro za machinegun n’ibindi biturika bigambiriye kugirira nabi America.

Uyu Mushinjacyaha kandi yatangaje ko mu gihe cya vuba aba bombi bazatangira kuryozwa ibyaha n’ubutabera bwa America mu nkiko zo muri iki Gihugu.

 

Amahanga amwe ntabyumva

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wumvikanye avuga ko ibyakozwe n’iki Gihugu nta kindi ku Isi cyabikora,  gusa abategetsi mu Bihugu binyuranye babyamaganiye kure.

Nk’Ibihugu byose byo muri America y’Amajyepfo ukuyemo Argentine kimwe n’ibyo ku Mugabane wa Asia, byamaganye ibi byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America.

Perezida wa Colombia, Gustavo Petro yatangaje ko ibi byakozwe na America ari “igitero ku busugire bwa America y’Epfo”, kandi ko ari ukuvogera bidakwiye kubaho.

Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel we yise iriya operasiyo, “igikorwa cy’ubugizi bwa nabi” no kurenga ku mategeko mpuzamahanga yo kubaha ubusugire bw’Igihugu.

Uyu muyobozi w’Igihugu gisanzwe kidacana uwaka na America, yavuze ko yamaganye yivuye inyuma iki gikorwa, kandi ko Igihugu cye cyifuza ko habaho igisubizo cya vuba na bwangu ku muryango mpuzamahanga.

Luiz Inácio Lula da Silva, Perezida wa Brazil na we yavuze ko kiriya gitero kuri Venezuela n’ifatwa rya Perezida w’iki Gihugu, ari ukurenga umurongo utukura.

Yavuze ko ari “igitero simusiga ku busugire bwa Venezuela, ndetse ni n’urugero rwa vuba rw’ibiteye impungenge ku muryango mpuzamahanga wose.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi na we yamaganye kiriya gikorwa, avuga ko ari “ukurenga ku busugire n’ubwigenge bw’Igihugu” nka Venezuela kandi ko ari uruhurirane rwo guhonyora mu buryo butaziguye amahame shingiro n’amasezerano by’Umuryango w’Abibumbye, byumwihariko ibirebana no kubuza Ibihugu gutera no kuvogera ibindi.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei na we wamaganye yivuye inyuma ibi byakozwe na America, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kurangwa n’imitegekere y’ubwibone.

Yagize ati “Igiteye impungenge ni uburyo umwirasi akomeje gutegekesha ubwirasi ku bategetsi, ku Gihugu, arimo abantu bagomba guhaguruka bagahangana n’umwanzi bakabyamagana.”

Yavuze ko ubu ari uburyo bw’akajagari n’urugomo bikomeje kwimakazwa n’abanyembaraga bakomeje gupyinagaza abanyantege nke.

Sergey Lavrov, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya umucyeba ukomeye wa America, yatangaje ko iki ari igikorwa cy’ubushotoranyi ku Gihugu gifite ubwigenge, kandi giteye impungenge cyane, gikwiye kwamaganirwa kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Next Post

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.