Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye ku iterambere rihuriweho.

Ibi Perezida w’agateganyo Delcy Rodriguez yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 04 Mutarama 2026, agaragaza imvugo y’ubwiyunge kuva ingabo za America zafata Nicolas Maduro, Perezida w’iki Gihugu gikungahaye ku mavuta.

Mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida w’agateganyo Delcy Rodriguez yavuze ko guverinoma ayoboye iri gushyira imbere intambwe iganisha ku mubano ushingiye ku bwubahane na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’ubwo mbere yari yanenze igitero cyabaye ku wa Gatandatu, agaragaza ko icyo gikorwa kinyuranyije n’amategeko kigamije kwigarurira umutungo kamere w’igihugu.

Rodriguez yagize ati: “Turahamagarira guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukorana natwe ku murongo w’ubufatanye ugamije iterambere rihuriweho, hubahirijwe amategeko mpuzamahanga, hagamijwe gushimangira imibereho ihamye n’imibanire myiza y’abaturage.”

Yakomeje agira ati: “Perezida Donald Trump, abaturage bacu n’akarere kacu bakeneye amahoro n’ibiganiro aho gukenera intambara.”

Ibyo Rodriguez yabivuze nyuma y’uko kuri iki Cyumweru na bwo Trump abwiye abanyamakuru ko ashobora gutegeka ikindi gitero, mu gihe Venezuela yaba itemeye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bikorwa byo gufungura urwego rw’inganda z’amavuta no guhagarika icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.

Aya magambo ya Trump yayatangaje mu gihe kuri uyu wa Mbere biteganyijwe ko Nicolas Maduro aza kwitaba urukiko rwa Leta ya Amerika i New York.

Maduro yatawe muri yombi mu gitero cy’ingabo za Amerika cyabaye ku wa Gatandatu i Caracas, cyateje impungenge ku rwego mpuzamahanga kandi gisiga Venezuela mu bihe by’ubwoba n’igihirahiro ku kigiye gukurikiraho.

Abayobozi buyobowe na Trump bagaragaje ko ifatwa rya Maduro ryakozwe nk’igikorwa cy’ubutabera kigamije kumubaza ku byaha ashinjwa, hashingiwe ku birego byatanzwe mu 2020 bimushinja kugira umugambi w’iterabwoba rishingiye ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge (narco-terrorism).

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Next Post

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.