Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye ku iterambere rihuriweho.

Ibi Perezida w’agateganyo Delcy Rodriguez yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 04 Mutarama 2026, agaragaza imvugo y’ubwiyunge kuva ingabo za America zafata Nicolas Maduro, Perezida w’iki Gihugu gikungahaye ku mavuta.

Mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida w’agateganyo Delcy Rodriguez yavuze ko guverinoma ayoboye iri gushyira imbere intambwe iganisha ku mubano ushingiye ku bwubahane na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’ubwo mbere yari yanenze igitero cyabaye ku wa Gatandatu, agaragaza ko icyo gikorwa kinyuranyije n’amategeko kigamije kwigarurira umutungo kamere w’igihugu.

Rodriguez yagize ati: “Turahamagarira guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukorana natwe ku murongo w’ubufatanye ugamije iterambere rihuriweho, hubahirijwe amategeko mpuzamahanga, hagamijwe gushimangira imibereho ihamye n’imibanire myiza y’abaturage.”

Yakomeje agira ati: “Perezida Donald Trump, abaturage bacu n’akarere kacu bakeneye amahoro n’ibiganiro aho gukenera intambara.”

Ibyo Rodriguez yabivuze nyuma y’uko kuri iki Cyumweru na bwo Trump abwiye abanyamakuru ko ashobora gutegeka ikindi gitero, mu gihe Venezuela yaba itemeye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bikorwa byo gufungura urwego rw’inganda z’amavuta no guhagarika icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.

Aya magambo ya Trump yayatangaje mu gihe kuri uyu wa Mbere biteganyijwe ko Nicolas Maduro aza kwitaba urukiko rwa Leta ya Amerika i New York.

Maduro yatawe muri yombi mu gitero cy’ingabo za Amerika cyabaye ku wa Gatandatu i Caracas, cyateje impungenge ku rwego mpuzamahanga kandi gisiga Venezuela mu bihe by’ubwoba n’igihirahiro ku kigiye gukurikiraho.

Abayobozi buyobowe na Trump bagaragaje ko ifatwa rya Maduro ryakozwe nk’igikorwa cy’ubutabera kigamije kumubaza ku byaha ashinjwa, hashingiwe ku birego byatanzwe mu 2020 bimushinja kugira umugambi w’iterabwoba rishingiye ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge (narco-terrorism).

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − 2 =

Previous Post

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Next Post

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.